Minisitiri w’Ubuzima Dr Sabin Nsanzimana yavuze ko hifashishijwe ikoranabuhanga mu mbangukiragutabara mu rwego rwo gukumira impanuka n’ibindi bikorwa bitemewe zakoreshwaga.
Yabitangarije mu Nteko Ishinga amategeko ku wa Kane tariki ya 26 Werurwe 2026, ubwo Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyuma, yaganiraga n’Abasenateri ndetse n’Abadepite ku ibikorwa bya Guverinoma byo guteza imbere ubuzima bw’Abanyarwanda.
Nyuma y’uko Minsitiri w’Intebe abagejejeho ishusho rusange y’uko uru rwego ruhagaze, abadepite n’abasenateri babajije bibazo banatanga ibitekerezo, harimo uwabajije impamvu imbangukiragutabara zitubahiriza amategeko y’umuhanda, avuga ko ngo zinyura ku zindi modoka zihuta cyane.
Ati: “Izi mbangukiragutabara zigendera ku muvuduko ukabije, ndetse ntizubahiriza amategeko, ntabwo zita ku byapa byo ku muhanda. Ibi kandi bitwara ubuzima bw’abantu nyamara kandi murashaka kongera umubare wazo.”
Minisitiri w’Intebe yamubwiye ko ahubwo iby ari byo byakabaye bikorwa, abantu bakareka igatambuka mbere kandi kuko iba iri gutabara ubuzima bw’indembe bityo ko ntawe ukwiye kuyima inzira.
Yagize ati: “Ntabwo imbangukiragutabara ikwiye kurwanira Umuhanda n’ibindi binyabiziga.”
Minisitiri w’Ubuzima Dr Sabin Nsanzimana, yunze murye avuga abantu bakwiye kuzirikana ko imbangukiragutabara ikwiye gutambuka mbere y’ibind binyabiziga asaba abatabyubahiriza gucika kuri uwo muco.
Yagize ati: “Kudaha imbangukiragutabara inzira ni umuco mubi, bikwiye no guhanwa ku bantu badatanga inzira.”
Mu kubamara ioungenge z’uko kwihuta kwazo byateza ikibazo, Minisitiri Nsanzimana, yavuze ko imbangukiragutabara zashyizwemo ikoranabuhanga rituma nta mushoferi uyitwara yanyoye ibisindisha ku buryo yatwara nabi.
Ati: “Iyo harimo umwuka w’inzoga ntabwo igenda.
Yavuze kandi ko zashyizwemo camera itanga amashusho ku buryo zigaragaza uyitwaye n’abo atwaye bigaca akavuyo k’abatwaraga abatari abarwayi.
Minisitiri w’Intebe yatangaje ko mu kwihutisha Serivisi z’ubuzima, hongerewe imbangukiragutabara aho mu Gihugu hose habarurwa 510 zivuye kuri 263 muri 2023.
Impuzandengo y’igihe zikoresha zigera ku murwayi nayo yaragabanutse, igera ku minota 15 mu mujyi wa Kigali, ndetse n’imimota 45 mu Ntara ivuye ku masaha abiri n’igice.









