sangiza abandi

Kongera intanga z’amatungo no kuzigeza ku borozi byoroshye – Ingamba mu iterambere ry’ubworozi

sangiza abandi

Guverinoma y’u Rwanda ifite gahunda yo kongera cyane umubare w’inka ziterwa intanga, mu rwego rwo kuzamura umusaruro ukomoka ku bworozi bw’inka no guteza imbere imibereho y’aborozi.

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Telesphore Ndabamenye, avuga ko iyi gahunda iteganya ko umubare w’inka ziterwa intanga uzikuba inshuro zirenga esheshatu, aho bateganya ko uzava ku 120,000 ukagera ku 741,274 buri mwaka, bitarenze mu 2027/2028.

Ni bimwe mubyo yagarutseho ku wa Gatatu, tariki ya 1 Mata, ubwo yari mu Nteko Ishinga Amategeko, Umutwe wa Sena, ahagarariye Minisitiri w’Intebe, asubiza ibibazo Abasenateri bagaragaje bishingiye kuri raporo yakozwe nyuma y’ingendo bakoze basura ibikorwa by’ubworozi hirya no hino mu gihugu.

Iyi raporo igaragaza imbogamizi zirimo kuba aborozi batinda kubona ibikoresho bifasha mu gutera intanga, cyane cyane bitewe n’ibura rya azote ikoreshwa mu kubika no gutwara intanga z’inka.

Mu rwego rwo gukemura ibi bibazo, Minisitiri Ndabamenye yavuze ko Leta ifite gahunda yo kongera umubare w’imfizi zitanga intanga zitanga icyororo, zirimo iz’ubwoko bwa Frizone, Jersey, Brown Swiss, Angus, Charolais na Fleckvieh.

Biteganyijwe ko umubare w’izo mfizi uzaba wiyongereye ukagera kuri 30 muri Kamena 2026, ndetse ukikuba kabiri ukagera kuri 60 mu mwaka wa 2026/2027.

Minisitiri kandi ashimangira ko Ikigo cya Songa giherereye mu Ntara y’Amajyepfo gitunganya intanga z’inka na cyo kizongererwa ubushobozi, ku buryo guhera muri Nyakanga 2026 kizajya gitanga doze zigera ku 864,000 ku mwaka.

Ibi bizatuma umubare w’inka ziterwa intanga uzamuka ukagera ku 400,000 mu 2026/2027, mbere yo kugera ku ntego y’inka ziterwa intanga 741,274 mu 2027/2028.

Guverinoma kandi izongera ingano y’intanga zitanga inyana zive ku bipimo 5,000 zigere ku bipimo 80,000. Hazanongerwa ikoreshwa ry’imisemburo ifasha mu kororoka, izakoreshwa nibura muri kimwe cya kabiri cy’ibikorwa by’itera ry’intanga hagamijwe kongera umusaruro.

Ku bijyanye n’ikorwa rya Azote, Minisitiri Ndabamenye avuga ko hari kubakwa uruganda rwa gatatu rutunganya Azote ruri i Kayonza ruzuzura mu mpera z’uyu mwaka, ndetse banateganya kongera izindi nganda ebyiri i Musanze na Karongi.

Mu rwego rwo kugeza intanga ku borozi bari hirya no hino mu gihugu, hari kubakwa icyicaro cya gatatu cya Zipline i Karongi, kizajya kifashishwa mu gutwara intanga z’ingurube n’iz’inka hifashishijwe indege zitagira abapilote (drones), mu kugeza intanga mu turere twa Rusizi na Nyamasheke.

Byongeye kandi, umubare w’abatera izi ntanga uzazamurwa uve ku 1,200 ugere ku 2,700, mu gihe abasaga 1,500 biteganyijwe ko bazahugurwa mu mwaka wa 2026/2027.

Mu bindi Minisitiri yagaragaje ko bizakomeza gufasha ubworozi harimo guteza imbere ubwishingizi bw’amatungo, ubuvuzi n’ishoramari mu nganda zikora ibiryo by’amatungo kugira ngo intego yo kuzamura ubukungu bw’abaturage binyuze mu bworozi igerweho.

Nyuma y’iki kiganiro Inteko Rusange ya Sena yanyuzwe n’ibisubizo byatanzwe na Minisitiri Ndabamenye Telesphore mu izina rya Minisitiri w’Intebe ku iterambere ry’ubworozi.

Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi yagaragaje ingamba ziri gushyirwa mu bikorwa mu guteza imbere ubworozi
Inteko rusange ya Sena yashimye ibisobanuro byatanzwe na Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi ku guteza imbere ubworozi

Photos:

[fluentform id="3"]