Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi Semuhungu Eric ariko ntihatangazwa impamvu yitabwa muri yombi.
Ni amakuru Umuvugizi wa RIB, Murangira B.Thierry yemereye igitangazamakuru IGIHE, avuga ko Semuhungu Eric yatawe muri yombi tariki ya 9 Mata 2026.
Umuvugizi wa RIB, Murangira ntiyigeze atangaza impamvu yitabwa muri yombi rya Eric Semuhungu avuga ko bishobora kubangamira iperereza.
Semuhungu wari umaze imyaka myinshi atuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yagarutse mu Rwanda mu 2024, nyuma yuko yaruherukagamo mu 2018.
Amakuru avuga ko Semuhungu Eric yari yirukanwe (Deportation) ku butaka bwa kiriya gihugu, kubera icyaha yari akurikiranyweho cyo gusindisha no gufata ku ngufu.





