sangiza abandi

98% by’abatuye Kigali barifotoje banakosoza amakuru ku Ndangamuntu Koranabuhanga

sangiza abandi

Umujyi wa Kigali watangaje ko 98% by’abawutuye bamaze kwifotoza no gukosoza amakuru ajyanye n’imyirondoro yabo muri gahunda yo gutanga Indangamuntu Koranabuhanga.

Mu butumwa  banyujije ku rubaga rwabo rwa X  ku wa 13 Mata 2026, umujyi wa Kigali wagaragaje ko gahunda yo kwemeza imyirondoro no kwifotoza ngo bazahabwe indangamuntu koranabuhanga yarangiye.

Iri tangazo rigaragaza ko muri Kigali gahunda yo gufotora no gukosora imyirondoro yarangiye bityo abacikanywe bashobora kuzajya ahandi bizabera mu bice iyi gahunda itarageramo.

Iyi gahunda  mu Mujyi wa Kigali yamaze ibyumweru birindwi ndetse bikaba byararangiye kuri ubu biteganyijwe ko ku wa 21 Mata, gahunda yo gufotora no gukosora imyirondoro hagamijwe gufasha abaturage kuzabona Indangamuntu Koranabuhanga bizakomereza mu Turere twa Bugesera na Ngoma.

Uyu mushinga w’Indamuntu koranabuhanga watangiye mu 2023 ndetse ni agace k’umushinga mugari u Rwanda rufatanyijemo na Banki y’Isi washowemo agera kuri miliyari 200 Frw.

Biteganyijwe kandi ko igihe cyo gukoresha Indangamuntu zisanzwe zikoreshwa mu Rwanda kizarangira muri Kamena 2027, hatangire gukoreshwa Indangamuntu Koranabuhanga gusa.

98% by’abatuye Kigali barifotoje banakosoza amakuru ku Ndangamuntu Koranabuhanga
Kuva ku wa 21 Mata, gahunda yo gufotora no gukosora imyirondoro hagamijwe gufasha abaturage kuzabona Indangamuntu Koranabuhanga bizakomereza mu Turere twa Bugesera na Ngoma.

Photos:

[fluentform id="3"]