sangiza abandi

Mu 2025 abana bavuka bagahita bandikwa mu irangamimerere biyongereyeho 2,6%

sangiza abandi

Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, izwi nka Rwanda Vital Statistics ya 2025, yagaragaje ko abana bavutse bakandikwa mu irangamimerere biyongereyeho 2,6% muri uwo mwaka.

NISR igaragaza ko mu 2025 havutse abana 356.838 bahise bandikwa mu bitabo by’irangamimerere, aho banditswe ku kigero cya 92.9%, ndetse imibare ikaba yariyongereye ugereranyije na 90.3% yariho mu 2024.

Iyi raporo yerekana ko ku rundi ruhande, umubare w’abana bavutse bakandikwa mu gihe kitarenze iminsi 30 wagumye kuri 99.1% muri 2025, nk’uko byari bimeze muri 2024.

Raporo ikomeza yerekana ko habayeho mpinduka nto mu mubare kuri 27.4% wari ho mu 2024. Ni mu gihe kandi igipimo cyo kubyara na cyo cyagabanutse kikagera kuri 103.0% kivuye kuri 103.7% mu 2024.

NISR igaragaza ko umubare w’abana umugore ashobora kubyara na wo wagabanutse ugera kuri 3.5, uvuye kuri 3.6 mu 2024. 

Ubu bushakashatsi kandi bugaragaza ko abantu 39,355 ari bo bapfuye kandi bakandikwa mu bitabo by’irangamimerere mu 2025. Muri bo, 55.9% bapfiriye hanze y’ibitaro (mu miryango).

Kwandikisha abapfuye na byo byariyongeye aho byageze kuri 50.5% muri 2025, bivuye kuri 46.1% byari ho mu 2024 bigaragaza ubwiyongere bwa 4.4%.

Imibare yerekana ko abagabo bapfuye ari benshi kurusha abagore, ku gipimo cya 127.4 ku bagabo, na 100 ku bagore.

Ibyavuye mu bushakashatsi bigaragaza ko ireme ry’amakuru ku bitera urupfu atangwa n’ibitaro ryazamutse rikava kuri 64.7% mu 2024, rikageza kuri 82.3% muri 2025, mu gihe mu muryango ho ryagumye kuri 84.0%.

Indwara zitandura ni zo zahitanye abantu benshi aho mu bitaro zabahitanye ku kigero cya 49.5% na 58.8% mu muryango.

Impfu ziterwa n’impanuka cyangwa ibikomere ziri hejuru mu muryango aho ziri 14.3% ugereranyije n’izibera mu bitaro 10.5%, mu gihe indwara zandura zagaragaye cyane mu bitaro ku kigero cya 40% ugereranyije n’izabereye mu muryango zari 26.9%.

Ubushakashatsi bwerekana ko umubare w’abashyingiwe mu mategeko wagabanutse aho wavuye kuri 52,878 muri 2024 ukagera kuri 50,256 muri 2025. Mu bagabo, abashyingiwe cyane n’abari mu kigero cy’imyaka hagati ya 25-29, mu gihe mu bagore ari hagati y’imyaka 21-24.

Ku bijyanye na gatanya mu 2025, hatswe gatanya 4,479, aho muri zo 2,629 ni zo zemejwe n’inkiko. Umubare munini w’abaka gatanya wagaragaye mu Mujyi wa Kigali ungana na 1,119, hagakurikiraho Intara y’Iburasirazuba ifite abasaga 1,011 mu gihe umubare muto ugaragara mu Ntara y’Amajyaruguru ungana na 529.

Mu 2025 abana bavuka bagahita bandikwa mu irangamimerere biyongeyeho 2,6%

Photos:

[fluentform id="3"]