Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC n’umutwe wa AFC/M23 bakomeje gushinjanya kutubahiriza ibyo bumvikanye mu biganiro bimaze iminsi bibera i Montreux mu Busuwisi.
Ibi birego bishingiye ku bitero bya drone byavuzwe mu mpera z’Icyumweru gishize mu Burasirazuba bwa RDC.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri iki Cyumweru, tariki ya 19 Mata, ryashyizweho umukono na Lt Col Mak Hazukay Mongba, Umuvugizi w’agateganyo w’igisirikare cya Congo, yashinje abarwanyi ba AFC/M23 kugaba ibitero bya drone ku mugoroba wo kuwa Gatandatu, tariki ya 18 Mata.
Ibi bitero ngo byibasiye ibirindiro bya FARDC i Mikenke na Gakenke, ndetse n’uduce dutuwemo n’abaturage mu gace ka Point Zéro, mu misozi miremire ya Mwenga na Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Nk’uko igisirikare kibitangaza, ibi bitero byahitanye ubuzima bw’abaturage bamwe abandi barakomereka.
Igisirikare kivuga ko imibare y’agateganyo igaragaza ko abantu bane bapfuye n’abandi umunani barakomereka barimo abagore n’abana.
Mbere y’ibi, AFC/M23 na yo yari yashinje FARDC n’abafatanyabikorwa bayo kugaba ibitero bikoreshejwe imbunda ziremereye na drone z’ubwiyahuzi, bivugwa ko byibasiye uduce dutuwe cyane twa Kalingi na Bidegu muri Minembwe.
Ibi birego byongeye gusubirwamo kuri uyu wa Mbere, hagaragazwa Mikenke, Minembwe muri Kivu y’Amajyepfo na Mitimingi muri Masisi muri Kivu y’Amajyaruguru.
Uku gushinjanya kugaragaza intege nke ziri mw’ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro hagati y’impande zombi ziri ku rugamba.
Nubwo bimeze bityo, MONUSCO yari yashimye ibyavuye mu biganiro biheruka, isaba by’umwihariko guhagarika ikoreshwa rya drone z’intambara kugira ngo borohereze igenzura ry’agahenge ku rugamba.
Mu biganiro byaberaga i Montreux, byavugaga rumwe ku kamaro ko kugeza ku baturage ubufasha bwihutirwa intumwa za Leta ya RDC n’iza AFC/M23 zumvikanye ku irekurwa ry’imfungwa mu gihe cy’iminsi icumi, hashingiwe ku masezerano yasinywe ku wa 14 Nzeri umwaka ushize, ajyanye n’uburyo bwo kurekura imfungwa.
Nubwo itangazo rya nyuma ritagaragaje umubare nyawo w’imfungwa, umunyamabanga uhoraho wa AFC/M23 akaba ari nawe ukuriye intumwa mu biganiro bya Doha,Benjamin Mbonimpa yatangaje ko zari imfungwa 311 zifitanye isano na AFC/M23 ndetse n’izindi 166 zo ku ruhande rwa Leta, zigomba kurekurwa.




