Mu gihe ibiganiro bikorwa mu ibanga rikomeye, Leta Zunze Ubumwe za Amerika iri kuganira na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ku buryo bwo kwimurirayo impunzi zirenga 1.100 z’Abanya Afghanistan, zakoranye n’ingabo za Amerika mu ntambara yarwanaga n’aba Taliban.
Abo bantu barimo abasemuzi, abakozi ba gisivile n’imiryango yabo, bakuwe muri Afghanistan nyuma y’itaha ry’ingabo za USA muri 2021.
Kuri ubu bacumbikiwe mu nkambi ya Camp As Sayliyah muri Qatar, aho bagitegereje kubona viza zo kujyanwa muri Amerika.
Icyakora, gahunda yo kwimukira muri Amerika yadindijwe kuva mu 2025, nyuma y’amabwiriza mashya agabanya kwakira impunzi z’Abanyafghanistan.
Nubwo hari imanza zimwe zaciwe zigerageza gukemura iki kibazo, dosiye nyinshi ziracyahagaze, bigatuma abo bantu bagira impungenge ku hazaza habo.
Amakuru atangwa n’imiryango irengera impunzi agaragaza ko hafi 900 muri bo bujuje ibisabwa byo kwimukira muri Amerika, ariko kugeza ubu nta ntambwe igaragara iraterwa.
Igitekerezo cyo kubimurira muri RDC cyakuruye impaka ku rwego mpuzamahanga. Hari abagaragaza ko RDC, isanzwe ifite ibibazo by’umutekano mu burasirazuba n’umubare munini w’impunzi z’imbere mu gihugu, itaba ahantu heza ho kwakira abandi bahunga.
Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, irimo AfghanEvac, yagaragaje impungenge ko iyi gahunda ishobora gushyira aba Banya Afghanistan mu kaga.
Ivuga ko bashobora no koherezwa ku gahato muri Afghanistan mu gihe baba banze kujyanwa ahandi, bikaba byabashyira mu byago byo kwibasirwa kubera ubufatanye bagiranye n’ingabo za Amerika.
Hagati aho, Leta ya RDC yari yemeye kwakira bamwe mu bimukira birukanwa na Amerika, aho itsinda rya mbere ry’abantu bagera kuri 15 ryageze i Kinshasa ku wa 17 Mata 2026.
Icyakora, iyi gahunda ntiyavuzweho rumwe. Minisitiri w’Intebe wa RDC, Judith Suminwa, aherutse gutangaza kuri TV5 Monde ibijyanye n’iki kibazo, ariko bamwe bavuga ko ibisobanuro bye byasize urujijo ku nkomoko y’abo bimukira.
Kugeza ubu, Amerika ntiratangaza icyemezo cya nyuma kuri iyi gahunda. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ivuga ko hakiri gushakishwa ibisubizo binyuze mu bihugu bya gatatu, kugira ngo abo Banya Afghanistan babone aho kuba mu mutekano.







