Kuri uyu wa Kane, ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, bafatanyije n’ ’ingabo zituruka mu bindi bihugu, Polisi y’Umuryango w’Abibumbye, ndetse n’abakozi b’abasivili , bakoze igikorwa cy’umuganda w’isuku no kubungabunga ibidukikije ku ishuri ribanza ry’abahungu rya Juba.
Iki gikorwa cyarimo gusukura ikigo cy’ishuri, gutera ibiti, gukusanya imyanda no gutema ibihuru. Cyateguwe mu rwego rwo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije.
Mu rwego rwo kurushaho gufasha abanyeshuri, abo basirikare batanze kandi ubukangurambaga bwo kwirinda no kurwanya malaria, babigisha ibitera iyo ndwara, ibimenyetso biyiranga, ndetse n’uburyo bwo kuyirinda.








