sangiza abandi

Imfu ziterwa n’indwara zitandura zikomeje kwiyongera mu Rwanda

sangiza abandi

Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare kigaragaza ko mu Rwanda indwara zitandura zikomeje kwiyongera aho hafi ½ cy’ imfu ziterwa n’ indwara zitandura zirimo nk’indwara z’umutima, diyabete, kanseri n’izindi.

Raporo y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare (NISR) y’umwaka wa 2025 yerekana ko imfu ziterwa n’indwara zitandura (NCDs) zikomeje kwiyongera mu buryo buteye impungenge, mu gihe imfu z’izandura zigabanyuka.

Ku buryo bw’ijanisha, mu mwaka wa 2019 indwara zandura zari zifite 70% by’imfu zose, mu 2025 zageze ku 40% gusa.Ni igabanuka rikomeye rigaragara

Naho indwara zitandura (nk’umutima, kanseri, diyabete n’izindi) zari ku ijanisha rya 27.9% mu 2019, zikomeza kuzamuka kugeza ku 49.5% mu 2025 ibigaragaza kwiyongera kwazo.

Ijanisha ry’ibindi bishobora gutera imfu nk’impanuka no gukomereka naryo ryariyongereye riva kuri 2.1% mu 2019 rigera kuri 10.5% mu 2025.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]