Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare kigaragaza ko mu Rwanda indwara zitandura zikomeje kwiyongera aho hafi ½ cy’ impfu ziterwa n’ indwara zitandura zirimo nk’indwara z’umutima, diyabete, kanseri n’izindi.
Raporo y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare (NISR) y’umwaka wa 2025 yerekana ko impfu ziterwa n’indwara zitandura (NCDs) zikomeje kwiyongera mu buryo buteye impungenge, mu gihe imfu z’izandura zigabanyuka.
Ku buryo bw’ijanisha, mu mwaka wa 2019 indwara zandura zari zifite 70% by’impfu zose, mu 2025 zageze ku 40% gusa.Ni igabanuka rikomeye rigaragara
Naho indwara zitandura (nk’umutima, kanseri, diyabete n’izindi) zari ku ijanisha rya 27.9% mu 2019, zikomeza kuzamuka kugeza ku 49.5% mu 2025 ibigaragaza kwiyongera kwazo.
Ijanisha ry’ibindi bishobora gutera impfu nk’impanuka no gukomereka naryo ryariyongereye riva kuri 2.1% mu 2019 rigera kuri 10.5% mu 2025.








