sangiza abandi

Bite bya Niyigena Clement wasigaye mu Misiri? APR FC ikureyo amaso?

sangiza abandi

Myugariro w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi, usoje amasezerano muri APR FC, Niyigena Clement yasigaye mu Misiri aho yari mu mwiherero w’ikipe y’igihugu aho bivugwa ko yabonye ikipe nshya.

Uyu mwiherero warangiye ku wa Kabiri tariki 9 Kamena 2026, bamwe mu bakinnyi basubira mu makipe yabo ndetse abandi bakaba bahagarutse i Cairo kuri uyu wa Gatatu baza i Kigali ariko ntazane na bo.

Amakuru y’abari hafi y’iyi kipe ndetse n’abanyamakuru batandukanye ahamya ko yahagumye ngo yumvike n’ikipe yaho, ndetse akaba yiteguye kuyikinira nyuma y’uko  atemeranyijwe na APR FC kuyongerera amasezerano ngo akomeze gukina mu Rwanda.

Ikipe uyu myugariro uri mu bahagaze neza mu Rwanda avugwamo ni Ceramica Cleopatra FC yo mu Cyiciro cya Mbere mu Misiri.

Niyigena Clement agomba gukora ikizamini cy’ubuzima yagitsinda agasinyira iyi kipe yasoje ku mwanya wa kane muri shampiyona yo mu Misiri mu mwaka w’imikino wa 2025/2026.

Uyu myugariro yashakishwaga cyane na APR FC ngo imugumane dore ko yari yaranze no kumurekura muri Mutarama ubwo yifuzwaga na Al Hilal SC yo muri Sudani inakina BK Pro League.

Niyigena Clement wifuzwaga cyane na APR FC ari mu nzira zo kuyitera umugongo

Photos:

[fluentform id="3"]