Polisi ya Canada yatangaje ko yataye muri yombi umugabo w’Umunyarwanda w’imyaka 68, wari umaze hafi imyaka 30 aba muri icyo gihugu akoresha imyirondoro bivugwa ko atari iye, mu gihe yashakishwaga n’u Rwanda aho akekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Nk’uko byatangajwe na CBC News, uwo mugabo yafatiwe ku kibuga cy’indege agarutse muri Canada avuye mu mahanga ku wa 22 Kamena 2026.
Nyuma yo kumuta muri yombi, abashinzwe iperereza basatse urugo rwe rwo mu Mujyi wa Ottawa, bashakishamo inyandiko, ibikoresho by’ikoranabuhanga n’ibindi bimenyetso bishobora kwifashishwa mu iperereza.
RCMP yavuze ko iperereza kuri uyu mugabo ryatangiye muri Ukuboza 2021, nyuma y’amakuru yagejejwe ku ishami rishinzwe iperereza ku byaha bikomeye birimo ibyambukiranya imipaka.
Abashinzwe iperereza baje gusanga hari umugabo wari uri muri iki gihugu kuva mu 1996 ndetse akoresha umwirondoro utari wo, kandi akaba yari asanzwe ashakishwa n’u Rwanda hashingiwe ku mpapuro mpuzamahanga zo kumuta muri yombi.
Izo mpapuro zatanzwe n’u Rwanda zishingiye ku byaha akekwaho birimo kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Gusa, RCMP yasobanuye ko ibyaha aregwa muri Canada kuri ubu bifitanye isano n’uburiganya mu by’abinjira n’abasohoka ndetse no gukoresha umwirondoro utari uwe, mu gihe iperereza ku birego bya Jenoside rikomeje gukorwa ku bufatanye n’inzego mpuzamahanga.
Nyuma y’imyaka ine hakorwa iperereza, byatangajwe ko uyu mugabo arakurikiranweho ibyaha 16 bijyanye n’amategeko ya Canada agenga abinjira n’abasohoka.
Polisi ya Canada ntiyashyize hanze urutonde rurambuye rw’ibyo byaha byose gusa birimo gutanga amakuru atari yo, guhisha umwirondoro nyawo no gukoresha inyandiko z’impimbano kugira ngo abashe gutura muri Canada.
RCMP yavuze ko iri perereza ryasabye ubufatanye bw’inzego zitandukanye zo muri Canada n’izo mu mahanga, bitewe n’uburemere bw’ibyaha bikekwa ndetse n’igihe kirekire uyu mugabo yari amaze aba muri icyo gihugu.
U Rwanda rukomeje gukorana n’ibihugu bitandukanye ndetse n’inzego mpuzamahanga mu gushakisha no gushyikiriza ubutabera abantu bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.








