sangiza abandi

Umubyibuho ukabije wugarije abagore kurusha abagabo mu Rwanda

sangiza abandi

Ubushakashatsi ku mibereho y’ubuzima bwo mu 2025(DHS7) bwagaragaje ko umubyibuho ukabije wiganje cyane mu bagore kurusha abagabo, cyane cyane mu bari hagati y’imyaka 20-49, ndetse ibiro byinshi no kubyibuha bikabije biteye impungenge kuruta kunanuka.

Raporo y’ubu bushakashati yashyizwe hanze n’Ikigo gishinzwe Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR) igaragaza ko 35% by’abagore bari hagati y’imyaka 20-49 bafite umubyibuho ukabije, mu gihe abagabo bo muri iyo myaka bafite umubyibuho ukabije ari 12%.

Ni mu gihe 21,1% by’ab’igitsina gore bafite imyaka hagati ya 15-19 ari bo bafite umubyibuho ukabije, ab’igitsina gabo bo muri iyo myaka bakaba 1,5%.

Iyi raporo yagaragaje ko mu Rwanda, ibiro byinshi n’umubyibuho ukabije mu bagore biteye impungenge cyane kuruta kunanuka kuko kunanuka byo biri kuri 4% mu bagore bari hagati y’imyaka 20-49.

Raporo kandi yanagaragaje ibipimo by’uburebure. Hakusanyijwe amakuru y’uburebure n’ibiro ku bagore 7,249 bari bafite imyaka 15–49 bujuje ibisabwa.

Imibare yagaragaje ko mu bagore bafite imyaka 20–49, 2% bafite uburebure buri munsi ya cm 145. Ni mu gihe 11% by’abangavu bo mu myaka 15-19 bafite uburebure buri munsi y’igipimo gikwiye ku myaka yabo.

Hakusanyijwe kandi amakuru y’uburebure n’ibiro ku bagabo 6,058 bafite imyaka 15–49 bujuje ibisabwa. Ku bagabo bafite imyaka 20–49, amakuru yagaragaje ko 7% gusa ari bo bananutse.

Photos:

[fluentform id="3"]