sangiza abandi

Rayon Sports yasinyishijwe Dande Junior ukina nk’umuzamu

sangiza abandi

Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije umunya-Cameroon Dande Junior ukina mu izamu w’imyaka 28 wakiniraga ikipe ya Canon Sportif de Yaounde y’iwabo.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 8 Nyakanga 2026 nibwo ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije Dande Junior nk’umuzamu wayo mushya.

Dande akaba yaranyuze no mu ikipe ya AS Vita Club yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mwaka wa 2022/23, aho yari umuzamu wa kabiri inyuma ya Farid Ouedraogo kuri ubu ukinira Al Hilal.

Ibi bije nyuma y’uko uwari umuzamu wa mbere muri Rayon Sports, Kwizera Olivier arangije amasezerano ariko ibiganiro byo kuyongera bikaba bitari biri kugenda neza.

Dande Junior abaye umukinnyi wa 14 Rayon Sports isinyishije muri iyi mpeshyi, aba umukinnyi wa 8 w’umunyamahanga usinyiye iyi kipe kugeza ubu.

Rayon Sports ikomeje gukorera imyitozo i Gicumbi yitegura umunsi wa ‘Rayon Day’ uzaba tariki 18 Nyakanga 2026 aho izakina na Gor Mahia yo muri Kenya n’imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026 izabera mu Rwanda kuva tariki 24 Nyakanga kugeza tariki 8 Kamena 2026, ndetse n’umwaka w’imikino wa 2026/27 muri rusange.

Photos:

[fluentform id="3"]