Kuri uyu wa Gatatu tariki 8 Nyakanga 2026, ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryashyize hanze ibiciro byo kwandikisha abakinnyi mu mwaka ugiye kuza wa 2026/27 ku makipe azakina Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, BK Pro League.
FERWAFA yavuze ko amafaranga yo kwandikisha umukinnyi w’umunyamahanga ari miliyoni 2 Frw naho umunyarwanda akaba ibihumbi 500 Frw, kwandikisha umutoza w’umunyamahanga ni ibihumbi 500 Frw naho kwandikisha umutoza w’umunyarwanda ni ibihumbi 100 Frw.
FERWAFA yatangaje ko amatariki yo kwandikisha abakinnyi muri iyi mpeshyi ari ukuva tariki 10 Kamena kugeza tariki 30 Kanama 2026 naho amatariki yo kwandikisha abikinnyi muri Mutarama 2027 ari ukuva tariki 3 Mutarama 2027 kugeza tariki 31 Mutarama 2027.
Mu itangazo FERWAFA yashyize hanze, yavuze ko abakinnyi bose bandikishwa bagomba kuba bafite amasezerano yasinywe, ariho umukono wa noteri kandi yaramenyeshejwe FERWAFA hakurikijwe amabwiriza abigenga.
Umukinnyi wandikishwa agomba kuba yaratanze icyemezo cy’isuzuma ry’ubuzima (Medical Examination Report) n’icyemezo cy’ubwishingizi bwo kwivuza (Medical insurance).
FERWAFA yakomeje ivuga ko ikipe yemerewe gutizwa abakinnyi batarenze batandatu (6), naho ikipe ikaba yemerewe gutiza abakinnyi batarenze batatu (3), kandi amasezerano yo gutiza umukinnyi ntabwo yemerewe kurenga umwaka umwe (1).
Mu rwego rwo kuzamura impano z’abakiri bato, FERWAFA yatangaje ko mu mikino ya Shampiyona y’u Rwanda ya 2026/27, ikipe igomba kugira nibura abakinnyi batatu (3) bari munsi y’imyaka 21.









