sangiza abandi

Basketball: Amakipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 18 yageze i Kigali inkokora zireba imbere

sangiza abandi

Amakipe y’u Rwanda y’ingimbi n’abangavu mu batarengeje imyaka 18 yageze i Kigali avuye i Cairo mu Misiri mu mikino y’akarere ka Gatanu (Zone 5) yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 18 kizabera i Abidjan muri Côte d’Ivoire.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 30 Nyakanga 2026 nibwo aya makipe y’Igihugu yasesekaye ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe irangajwe imbere n’igikombe cyegukanwe n’ikipe y’ingimbi, mu gihe ikipe y’abangavu yatahanye umudari w’umuringa w’umwanya wa gatatu.

Bakigera i Kanombe, umutoza Niyomugabo Munyandamutsa Sunny w’ikipe y’ingimbi yavuze ko imikino y’akarere ka gatanu yari imikino ikomeye cyane ko yanitabiriwe n’amakipe 6 bitari bisanzwe.

Niyomugabo yavuze ko ibanga rya mbere ryabaye gukorana hamwe mu gihe babonye ndetse no kubaka icyizere mu bakinnyi.

Umutoza w’abangavu, Munyaneza Joseline, yavuze ko kimwe mu byabaye imbogamizi ntibabashe kubona itike y’imikino ya nyuma y’Igikombe cya Afurika ari ukutabonera abakinnyi igihe kuko hari abakinnyi bagombaga gukina iyi mikino kandi banafite ibizamini bya Leta.

Ku mpamvu y’ibizamini bya Leta, hari abakinnyi batajyanye n’abandi byasabye ko babanza kurangiza ibizamini babona gusanga abandi mu Misiri.

Ikipe y’ingimbi izitabira igikombe cya Afurika cya 2026 izabera i Abidjan muri Côte d’Ivoire kuva tariki 5 Kanama 2026 kugeza tariki 16 Kanama 2026.

Kapiteni w’abahungu, Sean Mwesigwa
Kapiteni w’abakobwa Atete Raissa

Photos:

[fluentform id="3"]