Umunyarwanda ukina mu kibuga hagati, Mugisha Bonheur ‘Casemiro’ yerekeje mu ikipe ya Al-Hazem Saudi Club ikina icyiciro cya mbere muri Saudi Arabia, Saudi Pro League, avuye mu ikipe ya Al Masry yo mu Misiri yari amazemo umwaka umwe.
Ibi bivuze ko Mugisha agiye gukina muri Shampiyona imwe na kizigenza ku isi mu mupira w’amaguru Cristiano Ronaldo usanzwe ukina mu ikipe ya Al-Nassr nayo ikina icyiciro cya mbere muri Saudi Arabia.
Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 2 Kanama 2026 nibwo iyi kipe ya Al-Hazem FC yatangaje Mugisha Bonheur nk’umukinnyi wayo mushya ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, akaba azajya yambara nimero 17.
Mugisha Bonheur usanzwe uhamagarwa mu buryo buhoraho mu ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ atandukanye n’ikipe ya Al Masry ayifashije gutwara igikombe cya Egypt Capital Cup n’ubwo iyi kipe itazakina amarushanwa ya CAF muri uyu mwaka ugiye kuza kuko muri Shampiyona yarangirije ku mwanya wa 5.
Al-Hazem Saudi Club Mugisha yerekejemo ni ikipe yashinzwe mu 1957, kuri ubu ikaba imaze umwaka muri Saudi Pro League kuko yazamutse umwaka ushize, cyane ko ari ikipe ikunda kumanuka yongera izamuka.
Mu mwaka ushize w’imikino wa 2025/26, Al-Hazem Saudi Club yarangirije ku mwanya wa 9 mu makipe 19 akina Saudi Pro League.
Biteganyijwe ko Shampiyona ya Saudi Arabia izatangira tariki 13 Kanama 2026 aho Al-Hazem Saudi Club izatangira ikina na Abha.
Mugisha Bonheur w’imyaka 26 akomeje kugira uburambe mu barabu kuko kuva yava muri APR FC muri 2023, akinira amakipe y’abarabu gusa.
Mugisha yakiniye Al Ahli Tripoli yo muri Libya, akinira AS Marsa na Stade Tunisien zo muri Tunisia mbere yo gukinira Al Masry yo mu Misiri ari nayo yavuyemo ajya muri Saudi Arabia.











