Amakipe y’u Rwanda ya handball y’abatarengeje imyaka 18 na 20 (Youth na Junior) yamenye amatsinda arimo mu mikino y’Ibikombe bya Afurika aho ikipe ya U-18 yisanze mu itsinda C hamwe na Maroc na Libya naho U-20 yisanga mu itsinda A hamwe na Guinea, Zimbabwe na Côte d’Ivoire.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 4 Kanama 2026 nibwo ku biro bikuru by’Impuzamashyirahamwe y’Umukino wa Handball muri Afurika, CAHB, i Abidjan muri Côte d’Ivoire habereye tombola y’uko amakipe azakina mu Gikombe cy’Afurika cy’abatarengeje imyaka 20 kizaba hagati ya tariki 5 Nzeri na 12 Nzeri 2026.
Hbaye kandi na tombola mu batarengeje imyaka 18 kizaba hagati ya tariki 15 Nzeri na 22 Nzeri 2026, ibi bikombe byombi n’ubundi bizabera muri i Abidjan muri Côte d’Ivoire.
Mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 20, ikipe y’u Rwanda yari mu gakangara ka 3 hamwe na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Nigeria na Benin, bivuze ko bitashobokaga ko u Rwanda rwajya mu itsinda rimwe n’aya makipe.
Ikipe y’u Rwanda yisanze mu itsinda rya mbere (A) kamwe na Guinea yari mu gakangara ka mbere, Côte d’Ivoire yari mu gakangara ka kabiri na Zimbabwe yari mu gakangara ka kane.
Mu yandi matsinda, mu itsinda rya kabiri (B) harimo Algeria, Angola, Nigeria na Madagascar, mu itsinda rya C harimo Tunisia, Cameroon, Benin na Kenya naho mu itsinda D harimo Misiri, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Congo n’u Burundi.
Aya makipe 16 niyo azahatana mu Gikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 20 nyuma y’uko igikombe giheruka cya 2024 cyabereye muri Tunisia cyegukanwe na Misiri, naho u Rwanda rusoreza ku mwanya wa 6 mu makipe 8.
Mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 18 (Youth), ikipe y’u Rwanda yari mu gakangara ka 3 hamwe na Nigeria, Congo na Zambia, birangira yisanze mu itsinda rya gatatu (C) hamwe na Maroc na Libya.
Mu yandi matsinda, Misiri, Cameroon na Congo zisanze mu itsinda rya mbere (A), mu itsinda rya kabiri hajyamo Tunisia, Algeria, Nigeria na Madagascar naho mu itsinda rya kane (D) hajyamo Guinea, Côte d’Ivoire, Zambia n’u Burundi.
Aya makipe 14 niyo azaba ahatanira Igikombe cya Afurika giheruka kwegukanwa n’ikipe ya Misiri muri 2024 itsinze Tunisia yari yacyakiriye ku mukino wa nyuma, ndetse icyo gihe ntabwo u Rwanda rwari rwakitabiriye.
U Rwanda rwabonye itike yo gukina imikino y’Igikombe cya Afurika nyuma yo kwegukana igikombe cy’akarere ka gatanu (Zone 5) mu byiciro byombi, mu mikino yabereye i Addis Ababa muri Ethiopia muri Girurasi uyu mwaka.
Abatarengeje imyaka 18 begukanye igikombe batsinze u Burundi ku mukino wa nyuma ibitego 39-38 naho abatarengeje imyaka 20 begukanye igikombe batsinze Ethiopia ku mukino wa nyuma ibitego 39-37.










