Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yo gusiganwa mu misozi (Mountain Bike) yerekeje muri Cameroon aho yitabiriye isiganwa rya Grand Prix International Chantal Biya rizakinwa mu minsi ibiri tariki 7-8 Kanama 2026.
Ku wa 4 Kanama 2026 nibwo ikipe y’u Rwanda igizwe na Banzi Buhari uzasiganwa mu babigize umwuga n’abatarengeje imyaka 23, Ntakirutimana Marthe uzasiganwa mu bagore babigize umwuga, Iragena Charlotte uzasiganwa mu bakobwa batarengeje imyaka 23 n’umutoza Byukusenge Nathan yashyikirijwe ibendera mbere yo kwerekeza muri Cameroon.
Ni ku nshuro ya gatatu hagiye gukinwa isiganwa ryo mu misozi rya Grand Prix International Chantal Biya (Chantal Biya International Mountain Bike Race) rizabera i Bagofit na Bertoua mu Burasirazuba bwa Cameroon.
Grand Prix International Chantal Biya ni isiganwa ry’amagare ryitiriwe madamu wa Perezida wa Cameroon, Paul Biya, Chantal Biya, ryatangiye gukinwa muri 2001 ndetse riri mu masiganwa ya mbere akomeye muri Afurika.
Mu cyiciro cyo gusiganwa mu muhanda (Road race) kiba giterejwe na benshi kizakinwa hagati ya tariki 2 Nzeri na tariki 6 Nzeri 2026.










