sangiza abandi

Rayon Sports yasinyishije myugariro mushya wo Côte d’Ivoire

sangiza abandi

Mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 9 Kanama 2026, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yamaze gusinyisha myugariro mushya ukomoka muri Côte d’Ivoire witwa Mohamed Ouattara uheruka gutandukana n’ikipe ya Damascus Al-Ahli Club yo mu cyiciro cya mbere muri Syria.

Outtara ni myugariro w’imyaka 27 wanyuze mu makipe akomeye yo muri Afurika arimo Wydad Casablanca na Renaissance Club Athletic Zemamra zo muri Maroc, Simba SC yo muri Tanzania na Al Hilal SC yo muri Sudan kuri ubu ikina Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, BK Pro League.

Mohamed Ouattara yananyuze muri Aziya mu ikipe ya Al-Ain SFC yo muri Saudi Arabia ikina icyiciro cya kabiri mu mwaka wa 2023/24.

Myugariro Outtara asanze Rayon Sports iri mu byishimo byo kwegukana CECAFA Kagame Cup 2026 ndetse iri kwitegura umukino wa gicuti izakinamo n’ikipe yo hanze y’u Rwanda mu rwego rwo kwereka abafana iki gikombe iheruka kwegukana.

Biteganyijwe ko uyu mukino uzakinwa imyenda y’ikipe n’imyenda y’abafana izakoreshwa mu mwaka utaha w’imikino wa 2026/27 yamaze kugera mu Rwanda.

Mohamed Outtara abaye umukinnyi wa 15 Rayon Sports isinyishije muri iyi mpeshyi, aba umukinnyi wa 9 w’umunyamahanga usinyiye iyi kipe yambara uburu n’umweru, aba umukinnyi wa 4 ukina mu mutima w’ubwugarizi usinye nyuma ya Charles Tchouplaou, Abbel Matumona Wakonda Kanda na Nshuti Didier.

Photos:

[fluentform id="3"]