sangiza abandi

APR Karate yegukanye igikombe mu irushanwa mpuzamahanga rya Karate

sangiza abandi

Ikipe  ya APR Karate yegukanye igikombe mu irushanwa mpuzamahanga rya Karate rizwi nka Zanshin Karate Championship 2026, ryabereye i Kigali muri Petit Stade ku Cyumweru tariki 9 Kanama 2026.

Iri rushanwa ryitabiriwe n’abakinnyi barenga 600 baturutse mu  bihugu birimo u Rwanda, Kenya na Uganda. 

Ikipe ya APR Karate yari ihagarariwe n’abakinnyi 19, yitwaye neza aho mu cyiciro cy’abakuru yatwaye imidari 8 ya zahabu, 5 ya feza n’umwe w’umuringa, mu gihe mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 14 yatwaye imidari 2 ya feza. 

Aya marushanwa yateguwe na Zanshin Solution Sport ku bufatanye na Federasiyo ya Karate mu Rwanda (FERWAKA), ashyigikirwa n’abaterankunga barimo Kaminuza ya Kampala na Kaminuza y’Ibitaro ya Kenya.

Ni ku nshuro ya kane aya marushanwa aba. Inshuro eshatu zabanje zabereye i Huye mu Ntara y’Amajyepfo, aho Zanshin Solution Sport ifite icyicaro.

APR Karate yegukanye igikombe mu irushanwa mpuzamahanga rya Karate
Iri rushanwa ryitabiriwe n’abakinnyi barenga 600 baturutse mu bihugu birimo u Rwanda, Kenya na Uganda
Ikipe ya APR Karate yari ihagarariwe n’abakinnyi 19, yitwaye neza aho mu cyiciro cy’abakuru yatwaye imidari 8 ya zahabu

Photos:

[fluentform id="3"]