APR FC yandikiye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, irimenyesha ko itazitabira irushanwa ry’Igikombe Kiruta ibindi mu Rwanda, Super Cup 2026, nk’uko byemejwe n’Umunyamabanga Mukuru w’iri Shyirahamwe, Mugabe Bonnie.
Aganira na Radiyo Rwanda, Mugabe yavuze ko FERWAFA igiye gusuzuma impamvu zatanzwe na APR FC zo kuba itazitabira Super Cup 2026 umwanzuro ukazatangazwa mu gihe cya vuba.
Mugabe yavuze ko FERWAFA yakiriye ibaruwa ya APR FC kuri uyu wa Mbere tariki 10 Kanama 2026.
Ibi bije nyuma y’uko ku Cyumweru tariki 9 Kanama 2026 ubwo APR FC yarimaze gutsinda Etincelles FC ibitego 2-1 mu mukino wa gicuti wabereye kuri Sitade Umuganda i Rubavu, umutoza wa APR FC Taleb Abderrahim aganira n’itangazamakuru nyuma y’umukino yari yabikomojemo.
Taleb yari yavuze ko APR FC yiteguye gukina umukino umwe wa Super Cup 2026, ivuga ko yagomba guhura na Rayon Sports kuko ubusanzwe iri rushanwa rihuza ikipe yatwaye igikombe cya Shampiyona n’ikipe yatwaye Igikombe cy’Amahoro.
Mu gihe APR FC yabitwaye byombi mu mwaka wa 2025/26 bivuze ko yagombaga guhita ihura na Rayon Sports yabaye iya kabiri muri Shampiyona mu makipe yo mu Rwanda nk’uko byanagenze mu mwaka ushize w’imikino.
Taleb yakomeje avuga ko atumva impamvu Super Cup 2026 bashyizeho imikino ya 1/2, bikaba bisaba ko bazakina imikino ibiri aho kuba umwe.
Ku rundi ruhande, FERWAFA yamaze kwandikira amakipe 4 yabaye aya mbere muri Shampiyona iyamenyesha ko ariyo azakina Super Cup 2026, aya makipe akazatangira akina imikino ya 1/2, atsinze akerekeza ku mukino wa nyuma.
FERWAFA yamenyesheje aya makipe ko APR FC izahura na Kiyovu Sports naho Rayon Sports igahura na Police FC muri 1/2 kizakinwa tariki 22 Kanama 2026 kuri Sitade Amahoro i Remera.
Nyuma haje kuba impinduka muri iyi gahunda aho imikino ya 1/2 yajyanwe mu karere ka Rubavu kuri Sitade Umuganda, ikazakinwa tariki 22 Kanama na tariki 23 Kanama 2026 hanyuma umukino wa nyuma ukaba ariwo uzabera kuri Sitade Amahoro tariki 28 Kanama 2026.








