Ikipe ya Marines FC yamaze kumvikana ndetse isinyisha rutahizamu Naman Keita ukomoka muri Mali avuye mu ikipe ya Olympique Beja yo muri Tunisia.
Naman Keita w’imyaka 24 yasinye amasezerano y’imyaka ibiri ari umukinnyi wa Marine FC aho agiye gusimbura Mbonyumwami Taiba.
Naman Keita yakiniye andi makipe y’iwabo arimo Binga FC na AS Real Bamako.
Mu mibare y’uyu rutahizamu dukesha urubuga transfertmarkt igaragaza ko Naman Keita yakiniye Olympique Beja yakinaga icyiciro cya mbere muri Tunisia imikino 8, ntiyatsinda igitego muri uyu mwaka wa 2025/26, mu gihe iyi kipe yasoreje ku mwanya wa 13 mu makipe 16
Mu myaka ibiri yari amaze muri iyi kipe yayikiniye imikino 14, atsinda igitego 1.
Marine FC yasoreje ku mwanya wa 8 muri Shampiyona y’umwaka ushize wa 2025/26 ikomeje kwiyubaka yitegura umwaka utaha w’imikino wa 2026/27.
Iyi kipe yo mu karere ka Rubavu y’umutoza Rwasamanzi Yves yasinyishije abakinnyi barimo Sindi Paul Jesus wavuye muri Rayon Sports, Kabera Bonheur, Iraguha Awad, Ntirushwa Aimé, Twizeyimana Innocent, Ishimwe Fiston ndetse na Niyibizi Ramadhan na Ishimwe Pierre bageze muri iyi kipe nk’intizanyo ya APR FC.









