sangiza abandi

Ni Ruboneka cyangwa Eldinho: Rayon Sports ku isoko ry’umukinnyi wo mu kibuga hagati

sangiza abandi

Ikipe ya Rayon Sports iravugwa ku isoko ry’umukinnyi wo mu kibuga hagati, aho iri mu biganiro n’abakinnyi barimo Ruboneka Jean Bosco udafite ikipe kugeza ubu, Elie Eldinho Mokono ukinira ikipe ya Fountain Gate yo muri Tanzania na Kamana Karimu ukinira Vision FC mu Burundi.

Amakuru avuga ko ku ikubitiro ikipe ya Rayon Sports yavuganye n’umunyarwanda Ruboneka Jean Bosco uheruka gutandukana na APR FC yari yaragezemo muri 2019 avuye muri AS Muhanga gusa kugeza ubu akaba nta kipe afite.

Ibiganiro byatangiye bigenda neza hagati y’impande zombi ariko nyuma biza kuzamo kidobya kumvikana birananirana.

Mu gihe kumvikana na Ruboneka byanze, biravugwa ko Rayon Sports yahise yerekeza amaso ku wundi mukinnyi wo mu kibuga hagati ukomoka mu Burundi witwa Elie Eldinho Mokono kuri ubu ukinira ikipe ya Fountain Gate yo muri Tanzania.

Amakuru aravuga ko Mokono na Rayon Sports ibiganiro byaba byagenze neza hagati y’impande zombi ku buryo uyu mukinnyi w’Umurundi ashobora kuzakinira Rayon Sports muri uyu mwaka w’imikino ndetse akaba ari ku rutonde rw’abakinnyi bazayikinira muri CAF Confederation Cup dore ko igihe ntarengwa cyo kurutanga ari kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Kanama 2026.

Elie Eldinho Mokono araba abaye umukinnyi wa 14 w’umunyamahanga Rayon Sports igize nyuma y’uko itandukanye n’umuzamu w’Umunya-Mali Drissa Kouyaté ku bwumvikane bw’impande zombi.

Elie Eldinho Mokono ni umukinnyi w’imyaka 26 ukina mu kibuga hagati asatira wakiniye n’andi makipe arimo Bumamuru FC y’iwabo mu Burundi na Fountain Gate yo muri Tanzania.

Undi mukinnyi uvugwa muri Rayon Sports ni Kamana Karimu ukinira ikipe ya Vision FC y’iwabo mu Burundi.

Uyu mukinnyi w’imyaka 22 ngo yatekerezwaho mu gihe ibya Elie Eldinho Mokono na Ruboneka byose bwakwanga.

Ruboneka Jean Bosco aravugwa muri Rayon Sports nyuma yo kuva muri APR FC
Elie Eldinho Mokono aravugwa muri Rayon Sports
Kamana Karimu yavuzwe muri Rayon Sports

Photos:

[fluentform id="3"]