sangiza abandi

Nicholas de-Long yagizwe umukozi ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri FERWAFA

sangiza abandi

Umwongereza Nicholas de-Long yagizwe ushinzwe iterambere ry’umupira w’amaguru mu bakiri bato mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA.

FERWAFA yatangaje ko Nicholas de-Long ari umukozi witezweho byinshi ku guteza imbere abakiri bato, kubona impano ndetse no kuzamura urwego rw’ubutoza.

Nicholas yakoranye n’andi makipe atandukanye aho yakoranye na Portsmouth, Southampton, Bristol Rovers, na Norwich City z’iwabo mu Bwongereza, Aris FC yo mu Bugereki ndetse n’ikipe y’igihugu y’u Buhinde.

FERWAFA ikomeje gushyiraho gahunda zigamije guteza imbere umupira w’amaguru w’u Rwanda nk’uko byari imwe mu ngingo nyamukuru Perezida Shema Ngoga Fabrice yagarukagaho ubwo yiyamamazaga.

Umupira w’u Rwanda ukunda gushinjwa kutagira uburyo bufatika bwo kuzamura impano z’abakiri bato, binagira ingaruka ku musaruro w’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda.

Photos:

[fluentform id="3"]