sangiza abandi

B-Threy yashyize hanze Album nshya yise ‘Muheto 3 Mutara

sangiza abandi

Album nshya ‘Muheto 3 Mutara’ ya B Threy yageze ku mbuga ze zose kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Kanama 2026 ku buryo abakunzi be batangiye kuyiryoherwa.

Kuri iyi album hagaragaraho indirimbo 8 yakoranye arizo ‘Ninde’, ‘Shine’, ‘Nkomeye’, ‘Nzagukumbura’, ‘N’ibi’, ‘Holo’, ‘Iriba’, na ‘Papa & Mama’ ndetse n’izindi ndirimbo ebyiri yakoranye n’abandi bahanzi arizo ‘I know’ yakoranye na Kid from Kigali na ‘Byose’ yakoranye na RedInk.

Muheto Bertrand wamenyekanye nka B Threy ashyize hanze iyi Album mu gihe indirimbo imwe iyiriho ariyo ‘Ninde’ yari imaze ukwezi yarasohotse.

Iyi Album B Threy ashyize hanze ibaye igfa gatanu nyuma y’izindi enye yari asanzwe afite zirimo ‘Nyamirambo’, ‘2040’ yasohoye mu 2019, ‘Muheto wa mbere’ yasohotse mu 2022 na ‘Muheto wa kabiri’ yasohoye mu 2024 n’iyi ya Muheto wa Gatatu Mutara’.

Izi album ziyongera kuri EP yise ‘Shwiii dah!’ yasohoye mu 2020 n’iyitwa ‘For life’ yasohoye mu 2023.

B Threy ni umwe mu baraperi bazamutse neza mu Rwanda guhera mu ndirimbo ‘Nituebue’ yo muri 2019 kubera umwihariko w’injyana yazanye afatanyije na Bushali bise ‘Kinyatrap’.

Photos:

[fluentform id="3"]