sangiza abandi

CECAFA Women’s Champions League: Amakipe yatangiye kugera i Kigali

sangiza abandi

Ikipe ya Denden FC y’abagore yo muri Eritrea yabaye ikipe ya gatatu igeze mu Rwanda mu zizakina imikino yo mu karere ka CECAFA yo gushaka itike ya CAF Women’s Champions League nyuma ya Mafunzo Queens yo muri Zanzibar na Ujeco FC yo muri Djibouti.

Denden yageze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Kanama 2028 ivuye Asmara muri Eritrea.

Denden FC iri mu itsinda rya mbere (A) aho iri kumwe na Rayon Sports izahagararira u Rwanda nyuma yo kwegukana igikombe cya Shampiyona, Yei Joints Stars FC yo muri Sudani y’Epfo na Mafunzo SC yo muri Zanzibar.

Biteganyijwe ko amakipe akomeza kugera mu Rwanda mu gihe habura iminsi 3 gusa kugira ngo irushanwa rya CAF Women’s Champions League CECAFA Qualifiers 2026 ritangire.

Kuva tariki 21 Kanama kugeza tariki 31, i Kigali hazabera imikino izahuza amakipe y’abagore yabaye aya mbere iwayo yo muri Afurika y’Iburasirazuba no Hagati mu rwego rwo gushaka itike y’igikombe gihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika, CAF Women’s Champions League.

Iyi mikino izajya ibera muri Kigali Pele Stadium no ku kibuga cyiri kuri Hotel y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA.

Amakipe 10 yo mu karere ka CECAFA niyo azitabira iyi mikino, aho yagabanyijwe mu matsinda 3 y’amakipe 3 uretse itinda rya mbere ari naryo ririmo Rayon Sports izahagararira u Rwanda rizaba ririmo amakipe 4.

Mu itsinda B harimo Commercial Bank of Ethiopia, Kawempe Muslim Ladies yo muri Uganda na FC Ujeco yo muri Djibouti, mu gihe itsinda C ririmo Simba Queens yo muri Tanzania, Kenya Police Bullets yo muri Kenya na Top Girls Academy yo mu Burundi.

Ikipe imwe rukumbi niyo izabona itike binyuze muri iyi mikino, ubwo ni ikipe izatwara igikombe.

Umwaka ushize Rayon Sports yari yagarukiye ku mwamba kuko yatsindiwe ku mukino wa nyuma na JKT Princess yo muri Zanzibar igitego 1-0.

Nyuma yo kongera gutwara igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda y’abagore, Rwanda Women’s Super League 2025/26, yariyubatse ishaka ko noneho ariyo yazabona itike cyane ko izaba iri imbere y’abafana bayo.

Photos:

[fluentform id="3"]