sangiza abandi

APR FC yasimbujwe Mukura VS&L muri FERWAFA Super Cup

sangiza abandi

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryubashye ubusabe bwa APR FC bwo kwikura mu irushanwa ry’Igikombe kiruta Ibindi, Super Cup, kubera ryahinduriwe uko ryari risanzwe rikinwa isimbuzwa Mukura VS&L.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Kanama 2026 habaye ibiganiro byahuje FERWAFA n’amakipe 4 ya mbere muri Shampiyona y’u Rwanda ya 2025/26, BK Pro League, ariyo APR FC, Rayon Sports FC, Kiyovu Sports na Police FC yagarukaga ku ngingo yo kuba Super Cup y’uyu mwaka izakinwa n’amakipe 4 aho kuba abiri nk’uko byari bisanzwe.

Amakipe ya Rayon Sports, Kiyovu na Police ntampungenge yigeze agaragaza mu guhindura uburyo Super Cup ikinwamo, ariko APR FC yari yaramaze kwandikira FERWAFA iyimenyesha ko itazitabira iki gikombe mu cyose cyakinwa n’amakipe 4.

APR FC ifite igikombe giheruka cya Super Cup ndetse yanatwaye igikombe cya Shampiyona yasabaga ko hakinwa umukino umwe nk’uko byari bisanzwe, bivuze ko yagombaga guhura na Rayon Sports nk’ikipe yabaye iya kabiri muri Shampiyona kuko ubundi uyu mukino umwe wahuzaga ikipe yatwaye igikombe cya Shampiyona n’ikipe yatwaye igikombe cy’Amahoro kandi ibi bikombe byombi ni APR FC yabitwaye.

FERWAFA yashikanye ku mwanzuro wayo w’uko Super Cup izakinwa n’amakipe 4 aho kuba amakipe 2, ubwo bivuze ko APR FC itarigikinnye iri rushanwa ngarukamwaka.

APR FC yahise isimbuzwa Mukura VS&L yabaye iya 5 ku rutonde rwa Shampiyona, ndetse n’ubundi Mukura yari yarabwiye kwitegura ko igihe icyo aricyo cyose yasimbura APR FC mu gihe iyi kipe y’Ingabo yaba ishikamye ku mwanzuro yayo.

Uretse kuba APR yasimbujwe Mukura, ibi biganiro byasize n’amatariki ya Super Cup ahinduwe aho imikino ya 1/2 izakinwa tariki 27 Kanama 2026 kuri Kigali Pele Stadium aho kuba tariki 22 Kanama 2026 i Rubavu muri Sitade Umuganda.

Muri 1/2, Kiyovu Sports izakina na Mukura saa 15:00 hanyuma Rayon Sports ikine na Police FC saa 18:30.

Umukino wa nyuma uzakinwa tariki 30 Kanama 2026 muri Kigali Pele Stadium saa 15:00.

FERWAFA kandi yatangaje ko amakipe azitabira Super Cup azahabwa amafaranga yo kwitabira, ndetse n’ibihembo bikaba byarongerewe ariko amakuru ajyanye nabyo akazatangazwa nyuma.

Ibihembo bya Super Cup bigiye kongerwa nyuma y’umwaka umwe gusa n’ubundi byari byongerewe bivanwa kuri miliyoni 10 FRW ku ikipe y’abagabo yatwaye igikombe na miliyoni 5 FRW ku ikipe y’abagore yatwaye igikombe bigezwa kuri miliyoni 20 Frw ku ikipe yatwaye igikombe muri buri cyiciro.

Ikipe yabaye iya kabiri yahabwaga miliyoni 5 Frw mu bagabo na miliyoni 3 Frw mu bagore, zirazamurwa zigera kuri miliyoni 10 Frw ku ikipe yabaye iya kabiri muri buri cyiciro.

APR FC niyo yari ifite igikombe giheruka cya Super Cup yegukanye itsinze Rayon Sports ibitego 4-1.

Mukura VS&L yasimbuye APR FC muri FERWAFA Super Cup

Photos:

[fluentform id="3"]