sangiza abandi

Mukura VS&L yasinyishije Hussein Ssenoga

sangiza abandi

Ikipe ya Mukura VS ikomeje kubaka ikipe izahagararira neza umwaka w’imikino wa 2026/27, aho yasinyishije Umunya-Uganda Hussein Ssenoga amasezerano y’imyaka ibiri.

Ssenoga w’imyaka 28, ukina mu kibuga hagati, yageze muri Mukura VS avuye muri Kitara FC yo muri Uganda, aho yari asanzwe ari umwe mu bakinnyi ’iyi kipe yagenderagaho mu mwaka w’imikino wa 2025/2026.

Uyu mukinnyi azafasha Mukura VS cyane cyane mu kibuga hagati cyane cyane afasha ba myugariro.

Mbere yo gukinira Kitara FC Ssenoga yanyuze mu makipe arimo Express FC na Lugazi FC.

Biteganyijwe ko umukinnyi mushya wa Mukura VS ashobora kubanza kugaragara mu mukino wa gicuti iyi kipe ihuramo na Bugesera FC, mu rwego rwo gukomeza kwitegura umwaka mushya w’imikino wa 2026/2027.

Mukura VS yo mu Karere ka Huye iri mu myiteguro y’umwaka w’imikino wa 2026/27, aho izatangira ikina irishanwa ry’igikombe kiruta ibindi Turbo King Super Cup 2026.

Usibye Ssenoga, iyi kipe imaze iminsi yongeramo amaraso mashya, aho yasinyishije abakinnyi batandukanye ndetse yazanye n’Umutoza mushya w’Umunya-Serbia, Momcilo Medic.

Muri abo harimo Ndagijimana Leandre, umuzamu wavuye muri Gasogi United, Niyonizeye Telesphore na Abumuremyi bavuye muri AS Muhanga, ndetse na rutahizamu w’Umunya-Uganda Freedom Mungudit, wavuye muri Lugazi FC.

Hari kandi Dusabimana Olivier, ukina mu kibuga hagati wavuye muri Unity FC, na Niyonkuru Sadjati wavuye muri Etincelles FC.

Ku bijyanye n’abakinnyi bari basanzwe muri Mukura VS, iyi kipe yongereye amasezerano Irumva Justin y’imyaka ibiri, mu gihe Agyenim Boateng Mensah yongerewe amasezerano y’umwaka umwe.

Mukura VS kandi yazamuye mu ikipe nkuru abakinnyi batatu bakomoka mu ikipe y’abato, ari bo Tuyishime Kennedy, Ndagijimana Ashirafu na Ishimwe Jean Pierre.

Hussein Ssenoga akina mu kibuga hagati afasha ba myugariro

Photos:

[fluentform id="3"]