sangiza abandi

U Rwanda mu bihugu 11 bizitabira ANOCA Zone 5 Youth Games

sangiza abandi

U Rwanda ruzahagararirwa n’abakinnyi 7 bakina imikino itandukanye mu mikino ya ANOCA Zone 5 Youth Games igiye kubera muri Kaminuza yitiriwe Kenyatta i Nairobi muri Kenya kuva tariki 24 Kanama kugeza tariki 28 Kanama 2026.

ANOCA Zone V Youth Games 2026 ni imikino y’abakiri bato itegurwa n’Impuzamashyirahamwe ya za Komite Olempike muri Afurika.

Iyi mikino izahuriza hamwe abakinnyi barenga 300 baturutse mu bihugu 11 byo mu Karere ka 5 (Zone 5) aribyo u Rwanda, Kenya izakira iyi mikino, Uganda, Tanzania, Ethiopia, u Burundi, Eritrea, Somalia, Sudani y’Epfo, Sudan na Misiri.

Aba bakinnyi bazahatana mu byiciro by’imikino birindwi (7) bitandukanye birimo gusiganwa ku maguru, gusiganwa ku magare, koga, basketball ya batatu, Judo, Tennis na volleyball yo ku mucanga.

Muri iyi mikino u Rwanda ruzahagarirwa mu mikino 3 n’abakinnyi 7 bari muri iyo mikino itandukanye, aho bose kuri ubu bamaze kugera muri Kenya biteguye gutangira imikino.

Abakinnyi bazahararira u Rwanda ni Abizera Sonia Eli Elohe uzahatana mu gusiganwa ku maguru, Shema Emmanuel na Akimana Donatha bazahatana mu gusiganwa ku magare n’abakinnyi bane bazahatana mu koga aribo Ntwali Jayden, Murenzi Sheja Kean, Keza Kalisa na Mugabo Aragsan.

Iyi mikino yatangiye gukinwa muri 2019, ku nshuro yayo ya mbere yabereye mu Rwanda mu karere ka Huye mu Ntara y’Amajyepfo.

ANOCA ni umwanya mwiza wo kumenyereza abakinnyi bakiri bato amarushanwa mpuzamahanga banitegura imikino ya Olempike y’abakiri bato izabera i Dakar muri Senegal kuva tariki 31 Ukwakira kugeza tariki 13 Ugushyingo uyu mwaka.

Delegasiyo y’u Rwanda yashyikirijwe ibendera ry’Igihugu mbere yo guhaguruka mu Rwanda

Photos:

[fluentform id="3"]