sangiza abandi

RSSB yaguze imigabane yose ya BK General Insurance kuri miliyari Frw 31.7

sangiza abandi

Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) cyaguze imigabane yose Banki ya Kigali Group Plc yari ifite muri BK General Insurance, mu masezerano afite agaciro ka miliyari 31.7 Frw.

RSSB yavuze ko iki gikorwa ari intambwe ikomeye mu mugambi wo gukomeza gushora imari mu rwego rw’ubwishingizi no kubaka ikigo cyagutse kandi gikomeye, gifite ubushobozi bwo gutanga serivisi ku bantu ku giti cyabo ndetse n’ibigo by’ubucuruzi mu Rwanda no mu karere.

RSSB yaguze imigabane miliyoni eshatu, aho buri mugabane waguzwe ku Frw 10,567. Iyi ni izamuka rikomeye ugereranyije n’igiciro cy’ibanze cyari Frw 1,000 ku mugabane. BK Group yavuze ko igiciro cy’ubucuruzi cyagenwe hashingiwe ku igenagaciro ryakozwe n’impuguke yigenga.

Muri iyi gahunda, BK General Insurance Ltd izahuzwa na SONARWA General Insurance Ltd (SGI), bikore ishami rimwe rishinzwe ubwishingizi rusange, mu gihe SONARWA Life Assurance izakomeza gukora nk’ishami rishinzwe ubwishingizi bw’ubuzima.

RSSB isanzwe ifite Sonarwa General Insurance kuva mu 2017, ndetse ikaba ari yo ifite imigabane 100% muri Sonarwa Life Assurance. Ibyo bivuze ko nyuma yo kugura BK General Insurance, RSSB ubu ari yo igenzura ibigo bitatu by’ubwishingizi bizagira aho bihurira muri gahunda yo kubihuza.

RSSB ivuga ko izi mpinduka zigamije gushyiraho imiterere y’ikigo kimwe cy’ubwishingizi kizagenzura ibikorwa by’ibi bigo, kikagira uburyo bubiri bw’ingenzi bw’ubwishingizi: ubwishingizi rusange n’ubwishingizi bw’ubuzima.

Urwego rw’Ubwiteganyirize ruvuga ko guhuza ibi bigo byitezweho kongera ubushobozi mu bijyanye n’ubumenyi, imari n’imikorere, bityo serivisi zigenerwa abakiriya zikanozwa kandi ikigo kikabasha kurushaho guhangana ku isoko.

RSSB kandi ivuga ko iyi mikorere ishobora gufasha mu kunoza imiyoborere, kongera imikorere no guteza imbere iterambere rirambye ry’ibigo by’ubwishingizi.

Umuyobozi Mukuru wa BK Group Plc, Dr. Uzziel Ndagijimana, yavuze ko iki gikorwa gihuye n’icyerekezo cya BK Group cyo kwibanda ku bikorwa bya serivisi za banki n’ishoramari.

Yagaragaje ko Banki ya Kigali ihagarariye hafi 98% by’ubucuruzi bwa BK Group Plc, mu gihe ibikorwa by’ishoramari bikorwa binyuze muri BK Capital, hagamijwe kongera serivisi, kwagura isoko no gushimangira ubufatanye hagati y’ibigo byombi.

Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Regis Rugemanshuro, yavuze ko kugura imigabane yose ya BKGI ari intambwe ikomeye mu kubaka ikigo cy’ubwishingizi gikomeye kandi gishobora guhangana ku isoko.

Yavuze ko guhuza ibi bigo no kugira imicungire ihuriweho bizafasha kubaka urwego rw’ubwishingizi rushobora kugira uruhare mu guteza imbere udushya no kuzamura urwego rw’ubwishingizi mu Rwanda.

RSSB yatangaje ko izakomeza gushora imari yayo mu buryo bw’ubushishozi, yibanda ku mishinga itanga inyungu zirambye ku banyamuryango bayo, ari na ko igira uruhare mu iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda.

RSSB yaguze imigabane yose ya BK General Insurance kuri miliyari Frw 31.7

Photos:

[fluentform id="3"]