Ikipe igizwe na Gatsinzi Venuste usanzwe akinira Gisagara VC na Niyonkuru Gloire usanzwe akinira Police VC yegukanye irushanwa rya Mamba Open Beach Tournament 2026 itsinze amaseti 2-0 ikipe ya Nzirimo Mandela usanzwe akinira EAUR VC na Munezero Cedrick usanzwe akinira APR VC.
Kuri iki Cyumweru tariki 30 Kanama 2026 nibwo hasojwe irushanwa rya volleyball yo ku mucanga (Beach volleyball) ryari rimaze iminsi 3 rikinwa mu cyiciro cy’ababigize umwuga no mu bakanyujijeho (Veterans) rya Mamba Open Beach Tournament 2026.
Iri rushanwa ryateguwe na Medwell Initiative Presents ryaberaga ku kibuga cyo muri ABCD Sports Club giherereye mu murenge wa Niboye, mu karere ka Kicukiro, mu Mujyi wa Kigali.
Ikipe ya Gatsinzi na Gloire yegukanye igikombe nyuma y’uko yari yageze ku mukino wa nyuma itsinze amaseti 2-1 ikipe ya Dusengimana Fred usanzwe akinira REG VC na Tuyizere Aimable usanzwe akinira KVC.
Ku rundi ruhande, ikipe ya Mandela ya Cedrick yari yageze ku mukino wa nyuma itsinze amaseti 2-0 ikipe ya Mbonigaba Vincent na Hakeem Mukaila bombi bakinira APR VC.
Ku mukino wa nyuma nibwo ikipe ya Gatsinzi na Gloire yitwaye neza itsinda ikipe ya Mandela na Cedrick ku mukino wa nyuma, mu gihe ikipe ya Fred na Aimable yegukanye umudari w’umwanya wa gatatu.
Mu cyiciro cy’abakanyujijeho bitewe n’uko imbaraga z’umubiri ziba atari nyinshi, ikipe yabaga igizwe n’abakinnyi batatu (3) aho kuba babiri (2) nk’uko bisanzwe mu mategeko ya beach volleyball.
Muri iki cyiciro, ikipe ya Yves, Shingiro na Eric niyo yegukanye igikombe itsinze ku mukino wa nyuma ikipe ya Mana, Jimmy na Fils amaseti 2-0 (21-11, 21-17).
Ikipe ya Mana, Jimmy na Fils yageze ku mukino wa nyuma itsinze ikipe ya Muyango, Robert na Lambert amaseti 2-0 naho ikipe ya Yves, Shingiro na Eric nayo igera ku mukino wa nyuma itsinze ikipe ya Dieudonne, Viateur na Bonane.
Abakunzi, abakinnyi, abatoza n’abasifuzi ba volleyball ni bamwe mu bitabiriye iri rushanwa mu gihe cy’iminsi itatu ryakinwe.
Iri rushanwa byari bisanzwe bimenyerewe ko ribera Kimihurura muri Mamba Club ariko bitewe n’imirimo ihari yo gukora ibibuga ryabereye Niboye ndetse biteganywa ko ariho rizakomeza kubera.
















