Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda, RSSB, Regis Rugemanshuro, yavuze ko ikipe y’iki kigo ya RSSB Tigers izajya muri 2026 FIBA Intercontinental Cup itagiye kwitabira gutyo gusa ahubwo izaba igihe gutsinda ngo itware igikombe.
Aganira na The New Times, Rugemanshuro yagize ati,” Turi kwitegura bikomeye, kandi tuzakora ibishoboka byose kugira ngo twihe amahirwe yo guhatana no gutsinda. Twubaha urwego rw’iri rushanwa, ariko ntabwo tugiye kwitabira gutyo gusa cyangwa kwishimira kuba twaragezeyo. Turiyizeye cyane. Intego yacu ni ugutwara igikombe.”
RSSB Tigers izahagararira Afurika mu irushanwa ry’uyu mwaka rya FIBA Intercontinental Cup rihuza amakipe yabaye aya mbere ku migabane yayo, nyuma y’uko yegukanye igikombe gihuza ayabaye aya mbere muri Afurika, Basketball Africa League, BAL 2026.
RSSB Tigers yabaye ikipe ya mbere yo mu Rwanda no mu karere k’Iburasirazuba muri rusange yegukanye igikombe cya BAL, biba intambwe idasanzwe ku ikipe yashinzwe muri 2019 nyuma ikagurwa na RSSB muri 2025.
FIBA Intercontinental Cup izakinwa kuva tariki 22 kugeza tariki 27 Nzeri 2026, ibere i Beijing mu Bushinwa, yitabirwe n’amakipe 6 arimo RSSB Tigers, Boca Juniors yo muri Amerika y’Amajyepfo, Rytas y’i Burayi, Beijing Royal Fighters yo mu Bushinwa, Shanghai Sharks nayo yo mu Bushinwa na NBA G League United.
RSSB Tigers iri mu itsinda A hamwe na Rytas na Shanghai Sharks, izatangira imikino yayo tariki 22 Nzeri ikina Rytas, ikurikizeho Shanghai Sharks tariki 23 Nzeri 2026.
Itsinda B ririmo Beijing Royal Fighters, Boca Juniors na NBA G League United.
Amakipe abiri ya mbere muri buri tsinda niyo azakomeza muri 1/2 yishakamo ayerekeza ku mukino wa nyuma, mu gihe azaba yabaye aya nyuma mu itsinda azakina hagati yayo yishakamo iba iya 5 n’iya.









