sangiza abandi

Volleyball: U Rwanda rwatsinze RDC mu Gikombe cya Afurika

sangiza abandi

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yitwaye neza mu mukino wa kabiri wo mu itsinda mu Gikombe cya Afurika, itsinda Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) amaseti 3-1.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Nzeri 2026 nibwo u Rwanda na RDC zatanye mu mitwe mu nzu y’imikino ya El Menzah i Tunis muri Tunisia.

Umukino watangiye u Rwanda rwitwara neza rutwara iseti ya mbere ku manota 25-22, mbere y’uko na RDC igaruka mu mukino igatwara iseti ya kabiri ku manota 25-21.

Ikipe y’u Rwanda y’umutoza Frédéric Guérin yitwaye neza itwara iseti ya gatatu ku manota 25-21 ndetse n’iya kane ku manota 25-20, bituma umukino urangira ari amaseti 3-1.

N’ubwo u Rwanda rwatsinze ariko rwagowe bikomeye n’ubwugarizi (Réceptions na Block) byatumaga umutoza ahindagura abakinnyi ashaka igisubizo.

Kapiteni Dusenge Wicklif yafashije cyane u Rwanda kubona intsinzi akora amanota 27 harimo amanota 22 yo kwataka.

Kuri uyu wa Kane tariki 17 Nzeri 2026 nibwo u Rwanda rusoza imikino y’amatsinda rukina na Cameroon saa yine z’ijoro ku isaha y’i Kigali.

Ikipe izaba iya mbere muri iri tsinda izahita ijya muri 1/8 naho izindi zizaca mu mikino ya kamarampaka.

U Rwanda rwatsinze RDC mu Gikombe cya Afurika
Ikipe ya Congo yatsinzwe amaseti 3:1
Ikipe y’u Rwanda izagaruka mu kibuga ejo ku wa Kane ikina na Cameroon saa yine z’ijoro ku isaha y’i Kigali.

Photos:

[fluentform id="3"]