sangiza abandi

Al-Hilal na MC Alger zishobora gufatirwa ibihano nyuma y’imvururu zabereye i Kigali

sangiza abandi

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika, CAF, ishobora gufatira ibihano amakipe abiri ariyo Al-Hilal yo muri Sudani y’Epfo na MC Alger yo muri Algeria nyuma y’imvururu zabereye mu mukino wahuje aya makipe yombi i Kigali.

Uyu mukino wabereye kuri Stade Amahoro, kuwa Gatanu, tariki ya 21 Ugushyingo 2025, warangiye Al Hilal SC itsinze MC Alger ibitego 2-1.

Nyuma y’umukino havutse imvururu zatejwe n’abakinnyi ba CM Lager, bashakaga gukubita umukinnyi wa Al Hilal, bihita biba intandaro z’imirwano ariko inzego z’umutekano zirimo Polisi y’u Rwanda zirahagoboka.

Bivugwa ko uyu mwuka mubi waturutse ku gacupa k’amazi kari kajugunywe mu gace ka MC Alger, maze abakinnyi b’iyi kipe yo muri Algeria basagarira bikomeye umukinnyi Jean Claude Girumugisha wa Al Hilal.

Abakinnyi n’abatoza ba MC Alger bahise bakikiza Girumugisha basa n’abashaka kumukubita, ibi bikaba bitemewe na busa mu mupira w’amaguru.

Umwe mu bakozi ba CAF yabwiye ikinyamakuru Times Sport ko hakomeje iperereza kugirango aya makipe afatirwe umwanzuro

Ati “Turimo gukora iperereza ku byabaye kugira ngo turebe icyemezo gifatwa. Umupira w’amaguru ni amarushanwa ariko akinwa mu mucyo, bityo ntidushobora kwihanganira imvururu cyangwa imyitwarire mibi.”

CAF yatangaje ko ishobora gufatira amakipe yombi ibihano bikomeye birimo kubaca amande ndetse n’ibihano byihariye ku bakinnyi bigaragara ko bagize uruhare mu gukubita cyangwa muri iyi myitwarire idahwitse.

Ku rundi ruhande mu ntangiriro z’uyu mwaka MC Alger nabwo yari yari yashyamiranye n’ikipe ya Orlando Pirates yo muri Afurika y’Epfo, ikibazo CAF yari ikiri kwigaho.

Icyo gihe, yahawe ibihano birimo gukinira imikino ibiri mu muhezo ndetse n’ihazabu ya $100,000 (asaga miliyoni 145 Frw.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]