sangiza abandi

APR BBC yahize gushimisha abafana muri BAL 2025

sangiza abandi

Ikipe ya APR BBC yatangaje ko yiteguye neza imikino ya Nile Conference yo gushaka itike yo gukina imikino ya nyuma ya Basketball Africa League [BAL] 2025.

Ni ubutumwa bwatanzwe na Kapiteni wa APR BBC, William Robeyns n’Umutoza wayo, James Maye Jr, kuri uyu wa Kane, mu kiganiro bagiranye n’itangazamakuru cyagarutse ku buryo iyi Kipe yiteguye imikino yo mu Itsinda rya Nile Conference mu gushaka itike y’iya playoffs muri #BAL5.

Iri tsinda ririmo APR BBC ihagarariye u Rwanda, Made by Basketball (MBB) yo muri Afurika y’Epfo, Nairobi City Thunder yo muri Kenya na Al Ahli Tripoli yo muri Libya.

Imikino ya Nile Conference izakinirwa muri BK Arena i Kigali, kuva tariki ya 17 kugeza 25 Gicurasi 2025.

APR FC igiye gushaka itike y’imikino ya nyuma ya BAL 2025 nyuma y’uko mu mwaka ushize yananiwe kuyigeramo kuko yasezerewe mu y’amatsinda, yabereye mu Mujyi wa Dakari muri Sénégal. Ni inkuru itarishimwe kuva ku bayobozi kugera ku bafana b’ikipe.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, Umutoza wa APR BBC, James Maye Jr, yavuze ko ikipe ye yiteguye neza kandi bafite ikipe ishoboye kwitwara neza.

Ati “Icyiza ni uko dufite ikipe irimo abakinnyi bashobora gukorana mu kibuga no hanze yacyo.’’
Kapiteni wa APR BBC, William Robeyns, yijeje abafana b’iyi kipe ko bazitwara neza, bakabona itike ya playoffs ya BAL, anabasaba kuzayishyigikira.

Ati “Isezerano natanga ni uko tugomba kujya muri Afurika y’Epfo kuko dufite ikipe nziza. Muzaze mudushyigikire.”

“Twibagirwe ibyabaye mu mwaka ushize. Twakoze uyu mwaka wose ngo duhatane muri iri rushanwa. Dufite ikipe itandukanye, abatoza batandukanye, imikinire inyuranye. Nta gushidikanya, tuzatsinda.”

APR BBC izahura n’Ikipe ya Nairobi City Thunder yo muri Kenya, ku munsi wa mbere, tariki ya 17 Gicurasi 2025, mu mukino uteganyijwe kubera muri BK Arena saa 17:30.

Nairobi City Thunder na yo yamaze kugera mu Rwanda, iri kumwe n’Umutoza wayo Bradley Thomas wavuze ko gukina n’ikipe iri mu rugo nka APR BBC bitazaba byoroshye, ariko biteguye neza.

Ku rundi ruhande, Kapiteni wa Nairobi City Thunder, Tylor Ongwae, na we yavuze ko bamaze ibyumweru birenga bitanu bitegura imikino ya BAL 2025.

Nairobi City Thunder ni ikipe ya mbere yo muri Kenya igiye kwitabira BAL, nyuma yo gutsinda City Oilers yo muri Uganda amanota 72-62 mu mikino ya Elite 16, yabaye mu Ukuboza 2024.

Imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri SunBet Arena mu Mujyi wa Pretoria muri Afurika y’Epfo kuva tariki ya 6 kugeza 14 Kamena 2025.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]