sangiza abandi

APR FC yasabwe gutwara Igikombe mukeba

sangiza abandi

Harabura amasaha abarirwa ku ntoki ngo ikipe ya APR FC icakirane na Rayon Sports mu mikino isoza igikombe kiruta ibindi mu Rwanda cya FERWAFA Super Cup 2025.

Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 9 Mutarama 2026, Umugaba w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi, uri mu buyobozi bwa APF FC, yasuye iyi kipe mu myitozo ya nyuma, yitegura gucakirana na Rayon Sports.

Umukino usoza Super Cup uzahuza APR FC na Rayon Sports utegerejwe ku munsi w’ejo ku wa Gatandatu, tariki ya 10 Mutarama 2026, mu Stade Amahoro. Akaba ari nawo wa mbere ugiye kuhabera muri uyu mwaka wa 2026.

Ubwo Maj Gen Nyakarundi yasuraga APR FC, yasabye abakinnyi kwibuka uburemere buri mu gutsinda mukeba wayo w’igihe kirekire Rayon Sports, by’umwihariko bahatanira iki gikombe gikomeye.

Ati “Benshi murabizi ko intego zacu aba ari ugutsinda umukino wose dukinnye ariko bikaba akarusho iyo utsinze iyi kipe tugiye guhura nayo ukanayitwara igikombe kandi twe nk’ubuyobozi tubabonamo ubushobozi bwo gutsinda iriya kipe.”

Aya makipe yombi agiye guhura nyuma yuko mu mwaka ushize wa 2025, APR FC yari yegukanye Igikombe cya Shampiyona, yegukana n’Igikombe cy’Amahoro, ni mu gihe Rayon Sports yo yari yabaye iya kabiri muri Shampiyona ndetse ikanatsindirwa ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro. 

Mu mwaka ushize Police FC niyo yari yegukanye Super Cup ya , nyuma yo gutsindira APR FC kuri Kigali Pelé Stadium, kuri penaliti 6-5.

Icyo gihe Police FC yahawe miliyoni 10 naho APR FC ihabwa miliyoni atanu, ariko amakipe yombi ahita akomeza mu mikino ya CAF.

FERWAFA iherutse gutangaza ko amafaranga azahabwa amakipe azegukana Super Cup haba mu bagabo n’abagore yongerewe ashyirwa kuri miliyoni 20.

Mu bagore uyu mukino uzahuza Rayon Sports WFC yegukanye Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda na Indahangarwa yegukana Igikombe cy’Amahoro cya 2024/25.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]