sangiza abandi

BAL 2026: RSSB Tigers BBC yatakitishije itike ya ½ isezereye FUS Rabat (AMAFOTO)

sangiza abandi

RSSB Tigers BBC ihagarariye u Rwanda yo guhatanira Igikombe cy’Irushanwa rya Basketball Africa League [BAL 2026]  yageze muri 1/2 isezereye FUS de Rabat yo muri Maroc, ku giteranyo cy’amanota 193-171 mu mikino yombi ya 1/4.

Umukino wo kwishyura wabereye muri BK Arena kuri iki cyumweru tariki 24 Gicurasi 2026, warangiye FUS de Rabat itsinze amanota 99-98, ariko ntibyagira icyo bitwara RSSB Tigers kuko yari yizigamye amanota 23 yayirushije mu mukino ubanza, aho yari yatsinze 95-72 ku wa Gatanu tariki ya 22 Gicurasi 2026.

Nubwo yari izigamye amanota, umukino wo kwishyura ntiwayoroheye na gato kuko FUS Rabat yaje ishaka kuyakuramo ndetse itangira iyirusha. Agace ka mbere karangiye iyi kipe yo muri Maroc iyoboye n’amanota 32-14.

Agace ka  kabiri ko RSSB Tigers yagerageje gutangira gukuramo ayo yarushijwe, nubwo byarangiye FUS Rabat ikomeje kuyobora iarangizanya amanota 51-44.

Aba basore ntibacitse intege, kuko agace ka gatatu karangiye basatiriye FUS Rabat yair ifite 71 kuri 70 ya RSSB Tigers.  Gusa bagitangira aka Kane ari na ko ka nyuma, RSSB Tigers yigaranzuye iyinyuraho, bigera ku munota wa nyuma ifite 97 kuri 98 ya FUS.

Icyakora, amasegonda ya nyuma ntiyayibereye meza, kuko FUS yatsinzemo amanota abiri, ihita yuzuza 99 itsinda umukino, nubwo ntacyo byasobanuye kuko ku kinyuranyo cy’amanota 23 yarushwaga, yari ikuyeho rimwe gusa.

22 Yasigayemo ni yo yahesheje itike RSSB Tigers igera muri ½ bwa mbere mu mateka yayo dore ko ari n’inshuro ya mbere bitabiriye imikino ya BAL.

Leonard Landall afashije iyi kipe by’umwihariko kuko muri uyu mukino wo kwishyura yatsinze amanota 43, mu gihe ubanza yatsinze 38 wenyine.

Indi kipe yageze muri 1/2 ni Al Ahly yasezereye AS Ville de Dakar, nyuma yo kwegukana umukino wa kabiri ku manota 87-76, igakuramo ikinyuranyo cy’amanota 3 yarushwaga ikanarenzaho andi 8, kuko Ville de Dakar yari yatsinze ubanza amanota 93-90.

Iyi mikino ya nyuma y’iri rushanwa riri gukinwa ku nshuro ya 6, iri kubera i Kigali kuva ku wa 22 Gicumbi kugera ku wa 31 Gicurasi 2026. 

RSSB Tigers yagiye gukina umukino wo kwishyura izigamyr amanota 23.
Abanyarwanda ntibigeze bayitererana muri uru rugendo, baje ari benshi muri BK Arena barayishyigikira.
Iyi mikino ikundwa kandi yitabirwa n’abatari bake, bikaba akarusho iyo harimo ikipe y’u Rwanda, abanyarwanda bitabira ri benshi cyane.
FUS RABAT yartangiranye imbara irusha amanota agera kuri 20 RSSB Tigers, nubwo nyuma yigaranzuye.
RSSB Tigers yasanze Al Ahly muri 1/2 kuko na yo yahageze ikuyemo AS Ville de Dakar.

Photos:

Photos: MUGWANEZA Patrick/Umunota

[fluentform id="3"]