sangiza abandi

BAL: RSSB Tigers igiye guhatanira igikombe na Petro de Luanda

sangiza abandi

Ikipe ya Petro de Luanda yo muri Angola yageze ku mukino wa nyuma wa Basketball Africa League (BAL) 2026 nyuma yo gutsinda Al Ahly Ly yo muri Libya amanota 94-88 mu mukino wa ½.

Uyu mukino wabereye muri BK Arena, ku mugoroba wo ku wa Kane, tariki ya 28 Gicurasi 2026.

Iyi ntsinzi yahise ihesha Petro de Luanda itike yo gukina umukino wa nyuma uzayihuza na RSSB Tigers y’u Rwanda ku Cyumweru tariki ya 31 Gicurasi 2026.

Ni umukino utegerejwe cyane n’abakunzi ba Basketball cyane ko ari inshuro ya mbere amakipe yo muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara agiye guhurira mu mukino wa nyuma y’iyi Shampiyona.

Ni inshuro ya gatatu, Petro de Luanda igera ku mukino wa nyuma wa BAL. Iyi kipe yanatwaye igikombe cya BAL mu 2024 nyuma yo gutsinda Al Ahly Ly ku mukino wa nyuma wabereye i Kigali.

Ku rundi ruhande, RSSB Tigers yamaze kwandika amateka mashya muri Basketball Nyarwanda nyuma yo kuba ikipe ya mbere yo mu Rwanda igeze ku mukino wa nyuma wa BAL kuva iri rushanwa ryatangira mu 2021. Yabonye iyo tike itsinze Al Ahly SC yo mu Misiri amanota 106-97 muri ½.

Itsinzi muri uyu mukino wahesheje RSSB Tigers kugera ku mukino wa nyuma wagizwemo uruhare rukomeye n’abakinnyi barimo Oumar Ballo ari nawe wabaye umukinnyi w’umunsi, Craig Randall na Teafale Lenard Jr.

Umukino wa nyuma uzahuza RSSB Tigers na Petro de Luanda uteganyijwe ku Cyumweru muri BK Arena, aho iyi kipe y’u Rwanda ishaka gukora amateka yo kwegukana igikombe cya BAL ku nshuro yayo ya mbere.

Photos:

[fluentform id="3"]