Ikipe ya Patriots BBC yatsinze ikipe ya REG BBC amanota 84-65 mu mukino w’umunsi wa 14 wa Shampiyona y’u Rwanda ya Basketball mu bagabo, biyiha kubona umwanya wo kuzakina imikino ya kamarampaka y’uyu mwaka mu buryo budasubirwaho kuko idashobora kurangiriza ku mwanya urenze uwa kane mu mikino isigaye.
Kuri iki Cyumweru tariki 12 Nyakanga 2026 nibwo hasojwe imikino y’umunsi wa 14 wa Shampiyona y’u Rwanda ya Basketball mu bagabo hakinwa imikino 3 yose yabereye muri Petit Stade i Remera.
Umukino wabimburiye indi, ni umukino watangiye saa kumi z’umugoroba wahuje Kepler BBC na EAUR BBC.
N’ubwo Kepler yariherutse kwitwara neza igatsinda RSSB Tigers, kuri iyi nshuro ntabwo byayigendekeye neza kuko yatakaje imbere ya EAUR BBC ku manota 94-81.
Ronald Nato Kolmia yafashije EAUR BBC kwitwara neza muri uyu mukino, ayitsindira amanota 24, akora rebounds 9 ndetse yambura umupira (Steal) inshuro 4.
EAUR BBC yakomeje kwerekana urwego rwiza muri Shampiyona y’uyu mwaka kuko uretse kuba yitsindiye Kepler BBC, EAUR BBC yanatsinze UGB na Patriots BBC ndetse ntiyigeze iba agafu k’imvugwarimwe n’imbere y’andi makipe akomeye.
Umukino wakurikiyeho wahuje RSSB Tigers na UGB, uyu wari umukino ukomeye ku makipe yombi, cyane ko ari guhatanira kuza mu makipe 4 ya mbere azakina imikino ya kamarampaka y’uyu mwaka.
RSSB Tigers yariherutse gutakaza imbere ya Kepler BBC ntabwo yongeye gukora amakosa kuko yabonye intsinzi kuri uyu mukino y’amanota 93-63 biyiha kubona amanota abiri.
Zouzoua Nisre Mimi yabaye inyenyeri ya RSSB Tigers muri uyu mukino nyuma yo gutsinda amanota 25, akora rebounds 10, atanga imipira 4 yavuyemo amanota.
Umukino wabaye nyuma y’indi mikino yose ni umukino wari utegerejwe na benshi wahuje REG BBC na Patriots BBC.
Uretse kuba uyu ari umukino wahuzaga amwe mu makipe y’ubukombe mu Rwanda, wari n’umukino wari ufite igisobanuro ku rutonde rwa Shampiyona kuko ikipe yagombaga kuwutsinda yari guhita iyobora urutonde rwa Shampiyona by’agateganyo ndetse ikabona itike yo kuzakina imikino ya kamarampaka ku buryo budasubirwaho.
Uyu mukino warangiye Patriots BBC y’umutoza Munyandamutsa Sunny yitwaye neza imbere ya REG BBC y’umutoza Odaudu Ogoh iyitsinda amanota 84-65, biyiha no guhita ifata umwanya wa mbere by’agateganyo ku rutonde rwa Shampiyona.
Damaria Franklin wari wanagize isabukuru y’amavuko yabaye inkingi ya mwamba ya Patriots BBC muri uyu mukino nk’uko yamye anabikora muri uyu mwaka w’imikino, ayitsindira amanota 25, akora rebounds 6 ndetse atanga imipira 2 yavuyemo amanota.
Patriots BBC ikaba isigaje umukino umwe gusa muri Shampiyona aho izahura na APR BBC mu mukino utegerejwe tariki 17 Nyakanga 2026.
Nyuma y’iyi mikino, Patriots BBC yafashe umwanya wa mbere n’amanota 27 mu mikino 15, APR BBC ni iya kabiri n’amanota 25 mu mikino 13, REG BBC ni iya gatatu n’amanota 24 mu mikino 14, naho UGB ni iya kane n’amanota 22 mu mikino 15.
Ku mwanya wa gatanu hari Kepler BBC n’amanota 21 mu mikino 15, RSSB Tigers BBC ni iya gatandatu n’amanota 21 mu mikino 12, EAUR BBC ni iya karindwi n’amanota 21 mu mikino 15, AZOMCO BBC ni iya munani n’amanota 18 mu mikino 15 naho ikipe ya nyuma ni ikipe ya Inspired Generation yamaze kurangiza imikino yayo n’amanota 16 mu mikino 16 nyuma yo kurangiza Shampiyona idatsinze umukino n’umwe.
Ukurikije uko urutonde ruhagaze ubu, ikipe ya Patriots BBC yamaze kubona itike yo kuzakina imikino ya kamarampaka kuko n’ubwo buri kipe yatsinda imikino isigaje yose n’ubundi Patriots BBC yasoreza mu makipe 4 ya mbere n’ubwo yaba yatsinzwe umukino wayo isigaranye izahuramo na APR BBC.
Amakipe bishoboka ko yanyura kuri Patriots BBC kugeza ubu ni APR BBC na RSSB Tigers BBC bitewe n’uburyo azitwara mu mikino asigaje.








