sangiza abandi

CAF yangiye APR na Rayon Sports kwakirira imikino Nyafurika kuri Kigali Pele Stadium

sangiza abandi

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku mugabane wa Afurika (CAF), ryateye utwatsi icyifuzo cya Rayon Sports na APR FC cyo kwakirira imikino Nyafurika kuri Kigali Pele Stadium, kuko itujuje ibisabwa nka Stade Mpuzamahanga.

APR FC na Rayon Sports nk’amakipe agombaga kuzahagarira u Rwanda mu mikino Nyafurika, zari zizeye kuzakirira kuri Kigali Pele Stadium imikino ibanza y’ijonjora ry’ibanze ya CAF Champions Lague na CAF Confederation Cup.

Aya makipe yari yizeye iyi stade nk’amahitamo ya kabiri nyuma yo kumenyeshwa ko Stade Amahoro itazaboneka kubera Shampiyona y’Isi y’isiganwa ry’amagare izaba iri kubera i Kigali mu Rwanda, kuva tariki ya 21-28 Nzeri 2025.

Ni mu gihe iyi mikino Nyafurika, ibanza yari iteganyijwe hagati ya 19-21 Nzeri 2025, ndetse na 26-28 Nzeri 2025 ku mikino yo kwishyura.

Biteganyijwe ko Stade Amahoro izaba itaboneka ku va tariki ya 15-28 Nzeri 2025. Byumvikana ko igishoboka ari ukwimura imikino nyuma y’uko kwimuka muri Stade Amahoro bidakunze.

Amakuru Umunota wamenye nuko nyuma y’ibiganiro hagati ya CAF n’inzego za Siporo bireba , CAF yemereye APR FC kuzakirira umukino ubanza kuri Stade Amahoro, tariki ya 1 Ukwakira 2025, uwo kwishyura ukaba ku wa 05 Ukwakira 2025 ukabera aho wari kubera i Cairo mu Misiri, tariki ya 3/06.

Ni mu gihe Rayon Sports yo ikirimo gushaka igisubizo.

Izi mpinduka zizaba ku mikino y’ijonjora rya mbere gusa, kuko irya kabiri riteganyijwe kuva tariki ya 17-19 Ukwakira ndetse no kuva tariki ya 24-26 Ukwakira 2025.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]