sangiza abandi

EAC yamuritse ingengo y’imari ya 2026/27 ingana na Miliyoni 110.9$

sangiza abandi

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) wagejeje ku Nteko Ishinga Amategeko yawo (East African Legislative Assembly, EALA) ingengo y’imari ingana na miliyoni 110.9 z’amadolari ya Amerika izakoreshwa mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2026/2027.

Iyi ngengo y’Imari yamuritswe ku wa 22 Kamena 2026, ari na bwo hatangijwe ku mugaragaro Icyerekezo cya Karindwi cy’Iterambere cya EAC (2026/27–2030/31).

Iyi ngengo y’imari igamije kwihutisha gahunda z’ubufatanye n’iterambere ry’akarere hagamijwe guteza imbere ubucuruzi, inganda, ibikorwaremezo, imibereho myiza y’abaturage, amahoro n’umutekano ndetse no kongerera ubushobozi inzego za EAC.

Muri iyi ngengo y’imari, miliyoni 70.5$, zingana na 64% by’ingengo y’imari yose, zizakoreshwa mu kongerera ubushobozi inzego za EAC. 

Ubucuruzi bwagenewe miliyoni 11.1$, inganda zigenerwa miliyoni 7.2%, ibikorwaremezo miliyoni 4$, amahoro n’umutekano bigenerwa miliyoni 3.4$, n’ibindi.

EAC ivuga ko iyi ngengo y’imari izafasha kongera ubucuruzi hagati y’ibihugu by’akarere, guteza imbere ihiganwa ry’inganda, kongera ubushobozi bwo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, kunoza serivisi z’imibereho myiza, kugabanya ibiciro by’ubucuruzi no gushimangira amahoro n’umutekano mu karere.

Umuyobozi w’Inama nkuru ya EAC, Rebecca A. Kadaga, yavuze ko iyi ngengo y’imari igamije kubaka ejo hazaza hafunguye ku rubyiruko, kwagurira amasoko abahinzi no gusangira iterambere hagati y’abaturage bose b’akarere.

Ingengo y’Imari ya EAC mu mwaka ushize wa 2025/26 yari miliyoni 109.05$.

Umuyobozi w’Inama nkuru ya EAC, Rebecca A. Kadaga, yegejeje ku nteko Ishinga Amategeko yayo, ingengo y’imari ya 2026/27

Photos:

[fluentform id="3"]