sangiza abandi

FERWACY yemereye akazi Nsengimana watwaye ‘Tour du Rwanda ‘akaza kwisubirira mu bunyonzi

sangiza abandi

Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino w’Amagare (FERWACY) ryatangaje ko ryiteguye gufasha Nsengimana Jean Bosco,watwaye isiganwa ry’amagare rya Tour du Rwanda rya 2015, ariko nyuma aza kuva mu mukino w’amagare.

BBC yari yanditse ivuga ko uyu mugabo yavuye mu mumukino w’amagare kubera kutamwitaho no gukomeza kutamuha amahirwe.

Yavugaga ko  mu 2023 yavuye muri uyu mukino akiwukunze, nk’uko abivuga, ndetse ko atagize amahirwe yo kuwusohokamo neza nka bagenzi be benshi bakinanye na we ubu bubatse imibereho myiza bahereye ku igare.

Yagize iti “Byabaye ngombwa ko ajya gutura iwabo mu Byangabo aho ubu abana n’umugore n’abana. “

Ababazwa no kuba yaratawe kandi  kandi ari umwe mu bakinnnyi bakomeye u Rwanda rwagize.

Mu butumwa  Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino w’Amagare (FERWACY), ryashyize ku rubuga rwa X, ryavuze ko ryamenye ikibazo cye ndetse ko biteguye ku mufasha gutangira akazi k’ubutoza.

FERWACY yagize iti “FERWACY yamenye ikibazo Nsengimana Jean Bosco yagize kandi yiteguye kumufasha mu mwuga yatangiye wo kuba umutoza mu mukino w’amagare aho ubu abarizwa mu ikipe nshya y’amagare ya Shaggy Star y’i Musanze.”

Nsengimana mu 2014 yarangije Tour du Rwanda ari uwa kabiri, anaserukira u Rwanda mu marushanwa y’isi muri Espagne.

Mu 2015 yabaye uwa mbere muri Tour du Rwanda, yegukana iri rushanwa rya mbere rikomeye mu gihugu, muri uwo mwaka anajya mu mikino y’isi yabereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu mujyi wa Richmond, leta ya Virginia.

Nsengimana, w’imyaka 34 ubu, ari mu bakinnyi baserukiye u Rwanda mu marushanwa menshi mu mahanga, mu bihe bye byiza yakiniye amakipe yo hanze mu Budage no muri Afurika y’Epfo.

Bosco yari yavuye mu mukino w’amagare aza kwisubirira mu bunyonzi

Photos:

[fluentform id="3"]