sangiza abandi

Gisagara: Umugabo akurikiranyweho gushaka kwivugana umugore ashinja kumuca inyuma

sangiza abandi

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Huye bukurikiranye umugabo w’imyaka 74, utuye mu Mudugudu wa Gitarama, Akagari ka Mukomacara, Umurenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara, ukekwaho icyaha cyo gushaka kwica umugore we w’imyaka 57, amukubise umuhoro.

Ubushinjacyaha buvuga ko icyaha cyabaye ku wa 19 Ugushyingo 2025 saa munani z’ijoro, ubwo bombi bari baryamye mu nzu yabo.

Mu ibazwa rye, ukekwa yemereye inzego z’ubugenzacyaha ko yabyutse mu ijoro afata umuhoro wari munsi y’uburiri, awukubita umugore we mu musaya, amusigaho aragenda.

Ukekwa yavuze ko nyuma y’icyo gikorwa yahungiye mu Karere ka Kirehe, ariko aza kwisubiraho maze yishyikiriza Polisi.

Yavuze ko yakoze icyo gikorwa kubera amakimbirane yo mu muryango, asobanura ko yahoraga akeka umugore we kumuca inyuma.

Ubushinjacyaha buvuga ko icyaha akurikiranyweho ari ubwinjiracyaha bw’ubwicanyi, naramuka kimuhamye, yahanishwa igifungo cy’imyaka 25, nk’uko biteganywa n’ingingo ya 21 y’Itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30 Kanama 2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Photos:

[fluentform id="3"]