Ikipe ya APR HC yegukanye igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda ya handball mu bagabo nyuma yo gutsinda Police HC ibitego 31-29 mu mukino wa gatanu ari nawo wari uwa nyuma w’imikino ya nyuma ya kamarampaka.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Kamena 2026, muri Petit Stade i Remera habereye umukino wa gatanu w’imikino ya nyuma ya kamarampaka muri Shampiyona ya handball wagombaga kugena ikipe itwara igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda ya handball nyuma y’uko amakipe yombi anganyije imikino 2-2.
Umukino watangiye APR HC yitwara neza irangiza igice cya mbere cy’umukino itsinze ibitego 16-14.
Mu gice cya kabiri cy’umukino Police HC yagerageje kwishyura ariko ntibyayikundira kuko amakipe yombi yanganyije ibitego 15-15, bituma umukino urangira APR HC itsinze ibitego 31-29 biyiha kwegukana igikombe cya Shampiyona itsinze imikino 3-2.
Gutwara iki gikombe bisabye APR HC imbaraga nyinshi kuko yari yatangiye imikino ya nyuma itsindwa imikino 2-0, ariko yavuye inyuma irayishyura kugeza ubwo itwaye igikombe itsinze imikino 3 ikurikirana.
APR HC yabashije kwigaranzura Police HC muri uyu mwaka w’imikino wa 2025/26 mu gihe umwaka ushize w’imikino wa 2024/25 wari warangiye Police HC ariyo yegukanye igikombe cya Shampiyona itsinze APR HC ku mukino wa nyuma imikino 3-0.
Uretse uyu mukino wo mu cyiciro cy’abagabo wakinwe, kuri uyu wa Kabiri hakinwe n’imikino ya nyuma yo muri Shampiyona y’abagore ndetse n’iyo mu cyiciro cya kabiri mu bagabo.
Mu bagore, ESC Nyamagabe yageze ku mukino wa nyuma isezereye Nyamasheke HC naho UR Rukara yageze ku mukino wa nyuma isezereye University of Kigali HC iyitsinze ibitego 24-19.
Ku mukino wa nyuma ESC Nyamagabe HC yabashije kwegukana igikombe cya Shampiyona ya handball mu bagore y’umwaka wa 2025/26 itsinze UR Rukara ibitego 40-23.
Mu cyiciro cya kabiri mu bagabo, Mutenderi yageze ku mukino wa nyuma isezereye Elias Academy nyuma yo kuyitsinda ibitego 49-29 naho TTC de la Salle igera ku mukino wa nyuma isezereye GSFA Kibogora iyitsinze ibitego 34-25.
Ikipe ya Mutenderi TSS niyo yegukanye igikombe cya Shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu bagabo nyuma yo gutsinda ikipe ya TTC de la Salle ku mukino wa nyuma ibitego 31-24.
Mu guhatanira umwanya wa gatatu, GSFA Kibogora yitwaye neza itsinda Elias Academy ibitego 39-27 biyiha kwegukana umudari wa bronze.













