sangiza abandi

Icyamamare muri NBA, Kawhi Leonard ari i Kigali mu iserukiramuco rya Giants of Africa

sangiza abandi

Icyamamare mu mukino wa Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Kawhi Leonard, ukinira ikipe ya Los Angeles Clippers, ari mu Rwanda aho yitabiriye iserukiramuco rya Giants of Africa, rimaze icyumweru ribera i Kigali.

Uyu mukinnyi w’imyaka 34 yageze mu Rwanda ku wa Kane, tariki ya 31 Nyakanga, aho kuri uyu wa Gatanu yasuyemo abana 320 baturutse mu bihugu 20 bya Afurika bitabiriye amarushanwa y’umukino wa Basketball yateguwe na Giants of Africa.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cya The News Times ni uko Leonard yagaragaye muri BK Arena ari kumwe na Masai Ujiri, washinze Giants of Africa na Amadou Gallo Fall, perezida wa Basketball Africa League (BAL).

Iri serukiramuco, riri kubera i Kigali guhera tariki ya 26 Nyakanga kugeza ku ya 2 Kanama, ryahuje abana b’abanyempano baturutse mu bihugu bitandukanye bya Afurika, hamwe n’abakunzi b’umukino wa basketball barenga 20,000.

Ni iserukiramuco rigamije guteza imbere impano, uburezi, umuco, kwidagadura no guteza imbere ibikorwa by’iterambere binyuze muri siporo.

Mu bikorwa ateganya gukorera mu Rwanda, Leonard azatoza abana bakinira mu ikipe ya Club Rafiki, yitabire umukino w’a All-star w’ibyamamare uzahuza abitabiriye iri serukiramuco, ndetse anafungure ku mugaragaro ikibuga gishya cya basketball kiri i Kibagabaga.

Kawhi Leonard ni umwe mu bakinnyi bakaze ba NBA, yatwaye ibikombe inshuro ebyiri, ndetse amaze gutoranywa mu mikino ya NBA All-Star inshuro esheshatu. Leonard kandi yegukanye igihembo cy’umukinnyi urinda izamu neza kurusha abandi mu mwaka wa 2015 no mu 2016.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]