Leta y’u Rwanda irasabwa kwishyura amafaranga arenga miliyoni 38Frw, aturuka mu manza z’amakosa yabayeho mu micungire y’abakozi.
Ibi byagarutsweho n’ubuyobozi bwa Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Abakozi ba Leta, muri raporo bagejeje ku Nteko Ishinga Amategeko imitwe yombi, kuri uyu wa 23 Ukwakira 2024.
Iyi raporo y’ibikorwa by’ingengo y’imari ya 2023/2024 n’iya 2024/2025, igaragaza ko mu nzego 40 za Leta harimo abakozi 182 ba Leta bakurikiranyweho amakosa y’akazi.
Perezida w’Agateganyo w’Inama y’Abakomiseri muri Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Abakozi ba Leta, Barnabé Muhire Sebagabo agaragaza ko inzego zagiye mu manza ari 19, na ho abakozi bari 36, muri zo ikaba yaratsinze 22 itsindwa esheshatu.
Mu manza esheshatu yatsinzwe yatanze indishyi zingana na 6.541.293 Frw, n’andi 32,263,585 Frw, Leta yishyuye yari uburenganzira bw’abakozi ariko ntibayahabwa kugeza bayahawe n’Inkiko.
Sebagabo agira ati “Isesengura ryakozwe muri 2023/2024 rigaragaza ko hari intambwe yatewe mu bijyanye no gutsinda imanza mu nzego za Leta, bikagaragazwa n’umubare w’imanza inzego zatsinze 22/28 bingana na 78.57% n’amafranga zatsindiye angana 10,644725 Frw.”
Sebagabo yasobanuye ko kugeza ubu itegeko rireba uwahombeje Leta yishyura rihari kandi ryatangiye gushyirwa mu bikorwa, ku buryo uwo bigaragaye ko yahombeje Leta yishyura amafaranga ye.
Komisiyo Ishinzwe Abakozi ba Leta igaragaza ko hagikenewe kongera imbaraga mu kubahiriza amategeko agenga imicungire y’Abakozi ba Leta, gukora inshingano kinyamwuga, kunoza imyitwarire n’imikorere kugirango birinde gushora Leta mu manza.
Imibare igaragaza ko amafaranga Leta yaciwe yagabanutse kuko imanza leta yatsinzwe zavuye kuri 65.9% zigera kuri 21.4% y’imanza zose Leta yaburanye.





