Ubwizigame bw’abanyamigabane mu Kigega cya RNIT Iterambere Fund bwageze kuri miliyari zirenga 149 Frw mu 2026 buvuye kuri miliyari 1 Frw bwari ho mu 2016 ubwo iki kigega cyatangiraga.
Ibi byagarutsweho kuri uyu wa 12 Nyakanga 2026, ubwo ubuyobozi bw’icyo kigega bwagezaga ku banyamakuru ishusho y’ubwizigame uko ihagaze mu myaka 10 ishize gishinzwe.
Umuyobozi Mukuru wa RNIT Iterambere Fund, Gatera Jonathan Sebagabo, yavuze ko mu ntangiro byari bigoye kuko abantu bari batarumva neza iyi gahunda ariko uko imyaka yagiye ishira bagiye biyongera.
Gusa yavuze ko nubwo umubare w’abizigama ugenda wiyongera ariko muri rusange umuco wo kwizigama mu Banyarwanda utarashinga imizi ku buryo hagikenewe ubukangurambaga kugira ngo abantu bumve ko kwizigama bifite akamaro kanini.
Yatangaje ko mu 2019 ari bwo batangiye kubona abantu benshi kuko abizigamiye muri iki kigega bageze kuri 5000, bakusanya miliyari 3 Frw nyuma imibare iragabanuka kubera icyorezo cya Covid19 ariko nanone bamaze kwiyongera cyane muri uyu mwaka.
Gatera yavuze ko kuva RNIT yatangira mu myaka 10 ishize bamaze gukusanya miliyari 149,95 Frw ariko mu kigega hakaba harimo miliyari 86 Frw kuko hari abagenda bayabikura.
Yagaragaje ko nubwo tuvuga ngo hari ibimaze kugerwaho ariko hakiri urugendo kuko imibare yerekana ko abantu bizigamiye ari abantu ibihumbi 90 bashamikiyeho abandi barenga 300 ariko uwo mubare ukaba ari muto ugereranyije n’umubare w’Abanyarwanda.
Ati “Uyu munsi dufite abantu bagera ku 90.000 harimo abantu ku giti cyabo, abibumbiye mu bimina, ugasanga bafitemo konti imwe. Gusa mu by’ukuri abantu bizigamira basaga ibihumbi 360 muri rusange.”
Yakomeje agira ati “Iyo urebye umusaruro mbumbe w’igihugu, ukagereranya n’ubwizigame buri mu gihugu usanga ubwizigame butaragera kuri 15% by’umusarurombumbe w’igihugu kandi twakabaye turi kuri 30%.”
Umuyobozi wa RNIT yasobanuye ko uwizigamye muri RNIT aba afite uburenganzira bwo kubitsa no kubikuza igihe ashakiye kandi akabona inyungu.
Kugeza ubu inyungu yo muri RNIT Iterambere Fund igeze kuri 11,12%.
Mu 2014 ni bwo Ikigega RNIT Iterambere Fund yatangijwe na Guverinoma y’u Rwanda, gitangira gukora neza mu 2016.
Hari hagamijwe kwigisha Abanyarwanda ibyiza byo kwizigama n’uburyo bwo kugenzura ishoramari ryabo mu gihe runaka ariko banahabwa n’inyungu yiyongera, ku buryo n’ufite 2000 Frw ashobora kujya kwizigamira kandi akabona inyungu.









