sangiza abandi

Rayon Sports yasinyishije rutahizamu Junior Kameni

sangiza abandi

Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije rutahizamu Junior Kameni w’imyaka 25 ukomoka muri Cameroon wakiniraga ikipe ya Khor Fakkan SSC yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, UEA, yari amazemo umwaka umwe.

Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 12 Nyakanga 2026 ni bwo ikipe ya Rayon Sports yatangaje Junior Kameni nk’umukinnyi wayo mushya, uyu mukinnyi akaba yaratwayeho igikombe cya AFC Champions League Two gihuza amakipe yabaye aya kabiri muri Aziya.

Urubuga rwa Transfermarkt ruzwiho kugaragaza imibare y’uko abakinnyi bitwaye, rugaragaza ko Junior Kameni yakinnye imikino 7 gusa mu mwaka ushize w’imikino, nta gitego yatsinze cyangwa ngo atange umupira uvamo igitego.

Juniro Kameni yakiniye andi makipe arimo Sharjah FC nayo yo muri UAE, Kaysar FC yo muri Kazhakstan, FUS Rabat, FUS Espoirs, na Union Touarga zo muri Maroc, na Naestved BK yo muri Norway.

Junior Kameni abaye umukinnyi wa 14 Rayon Sports isinyishije muri iyi mpeshyi, aba umukinnyi wa 8 w’umunyamahanga usinyiye iyi kipe yambara ubururu n’umweru.

Rayon Sports ikomeje imyitozo iri gukorera i Gicumbi yitegura umunsi w’Igikundiro ‘Rayon Day’ uzaba tariki 18 Nyakanga 2026 muri Kigali Pele Stadium.

CECAFA Kagame Cup 2026 izabera mu Rwanda kuva tariki 24 Nyakanga kugeza tariki 7 Kanama 2026, CAF Confederation Cup, BK Pro League 2026/27 ndetse n’umwaka w’imikino wa 2026/27 muri rusange.

Mu rwego rwo gukomeza kwitegura, Rayon Sports iherutse gukina umukino wa gicuti na Jamus SC yo muri Sudani y’Epfo, umukino warangiye Rayon Sports itsinze ibitego 4-3.

Rutahizamu Rayon Sports yasinyishije yakiniye amakipe menshi yiganjemo ayo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, UEA

Photos:

[fluentform id="3"]