Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yatangaje ko yishimiye kuba Ismaïl Omar Guelleh yatorewe kongera kuyobora Djibouti.
Mu butumwa Mushikiwabo yanyujije kuri X kuri uyu wa 12 Mata 2026, yagaragaje ko yizeye ko imikoranire hagati ya Djibouti n’Umuryango wa OIF abereye umuyobozi izakomeza kugenda neza.
Muri ubu butumwa kandi Mushikiwabo yashimiye perezida Ismaïl Omar Guelleh wongeye gutorerwa kuyobora iki gihugu cyo mu ihembe rya Afurika.
Yagize ati “Nishimiye cyane kuba Ismaïl Omar Guelleh yongeye gutorerwa kuba Perezida wa Repubulika ya Djibouti.”
Mushikiwabo yashimye imikoranire myiza isanzwe iri hagati ya Djibouti na OIF avuga ko yizeye ko n’ubundi izakomeza.
Ati “Djibouti ni umunyamuryango ukomeye wa OIF. Duhanze amaso gukomeza gukorera hamwe tugana ku iterambere ndetse n’ubufatanye muri Francophonie.”
Ismaïl Omar Guelleh ufite imyaka 78 yatsindiye manda ya gatandatu yo kuyobora Djibouti ku majwi 97,81%, ahigitse Mohamed Farah Samatar bari bahanganye wagize amajwi 2,19% mu matora yabaye ku itariki 10 Mata 2026.
Omar Guelleh amaze imyaka 27 ku butegetsi kuko yatangiye kuyobora Djibouti mu 1999.








